issa
DRC: Bane bapfiriye mu mirwano hagati ya Yakutumba na Ngoma Nzito muri Fizi

DRC: Bane bapfiriye mu mirwano hagati ya Yakutumba na Ngoma Nzito muri Fizi

Oct 26, 2025 - 17:47
 0

Nibura abantu bane bahitanywe n’imirwano ikaze yadutse hagati y’amatsinda abiri y’inyeshyamba zikorera mu karere ka Fizi, muri Sud-Kivu, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Iyo mirwano yabereye mu duce twa Misisi na Lulimba, ihuza umutwe wa CNCCP uyobowe na Yakutumba n’uwa FABB wa Ngoma Nzito.


Nk’uko bitangazwa n’abayobozi b’inzego z’abaturage muri ako gace, imirwano yaturutse mu bikorwa byo kurandura inzitizi zashyizwe mu nzira n’itsinda rya Ngoma Nzito, ibintu byarakaje abo ku ruhande rwa Yakutumba. Ibi byatumye impande zombi zitangira kurasana mu duce twinshi two mu Ngandja, bikaba byarateje impfu, kwangirika kw’imitungo ndetse n’ubwoba mu baturage.

Sammy Kalonji Badibanga, Umunyamabanga ushinzwe ubutegetsi mu karere ka Fizi, yemeje aya makuru avuga ko intandaro y’ayo makimbirane ari “icyemezo cy’abasirikare ba Yakutumba cyo gukuraho inzitizi zinyuranye zashyizwe mu mihanda n’itsinda rya Ngoma Nzito.”

Ubuyobozi bukomeje gusaba impande zombi guhagarika imirwano, mu gihe abaturage bo bakomeje guhungira mu bice bituranye n’aho ibyo bitero byabereye, bahangayikishijwe n’umutekano wabo.

DRC: Bane bapfiriye mu mirwano hagati ya Yakutumba na Ngoma Nzito muri Fizi

Oct 26, 2025 - 17:47
Oct 26, 2025 - 18:03
 0
DRC: Bane bapfiriye mu mirwano hagati ya Yakutumba na Ngoma Nzito muri Fizi

Nibura abantu bane bahitanywe n’imirwano ikaze yadutse hagati y’amatsinda abiri y’inyeshyamba zikorera mu karere ka Fizi, muri Sud-Kivu, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Iyo mirwano yabereye mu duce twa Misisi na Lulimba, ihuza umutwe wa CNCCP uyobowe na Yakutumba n’uwa FABB wa Ngoma Nzito.


Nk’uko bitangazwa n’abayobozi b’inzego z’abaturage muri ako gace, imirwano yaturutse mu bikorwa byo kurandura inzitizi zashyizwe mu nzira n’itsinda rya Ngoma Nzito, ibintu byarakaje abo ku ruhande rwa Yakutumba. Ibi byatumye impande zombi zitangira kurasana mu duce twinshi two mu Ngandja, bikaba byarateje impfu, kwangirika kw’imitungo ndetse n’ubwoba mu baturage.

Sammy Kalonji Badibanga, Umunyamabanga ushinzwe ubutegetsi mu karere ka Fizi, yemeje aya makuru avuga ko intandaro y’ayo makimbirane ari “icyemezo cy’abasirikare ba Yakutumba cyo gukuraho inzitizi zinyuranye zashyizwe mu mihanda n’itsinda rya Ngoma Nzito.”

Ubuyobozi bukomeje gusaba impande zombi guhagarika imirwano, mu gihe abaturage bo bakomeje guhungira mu bice bituranye n’aho ibyo bitero byabereye, bahangayikishijwe n’umutekano wabo.