Mu misozi ya Uvira haravugwa imirwano ikaze hagati ya AFC/M23 na FARDC
Ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza, urusaku rw’amasasu menshi n’iturika ry’ibisasu byumvikanye mu misozi ihanamiye uduce twa Katongo na Kigongo two muri teritwari ya Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Epfo, bituma abaturage bagira ubwoba bukomeye.
Amakuru aturuka hafi y’aho imirwano ibera avuga ko abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 bari mu mirwano yeruye n’inyeshyamba za Wazalendo, bafatanyije ku rugamba n’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC). Iyi mirwano bivugwa ko yatangiye mu gitondo, ikomeza gufata intera mu masaha yakurikiyeho.
Abaturage bo muri utwo duce batangaza ko amasasu y'imbunda nto n'inini akomeje kumvikana hafi y’ingo zabo, bituma bamwe batangira guhunga berekeza mu bindi bice babona ko bifite umutekano.
Impungenge ni nyinshi ku ngaruka iyi mirwano ishobora kugira ku buzima n’imibereho by’abasivili.
Kugeza ubu, nta makuru arambuye aratangazwa ku mibare y’abapfuye cyangwa abakomeretse, mu gihe imirwano ikomeje gutera inkeke mu baturage bo muri teritwari ya Uvira.


Kinyarwanda
English
Swahili









