issa
Abarwanyi ba RSF bafashe icyicaro gikuru cy’ingabo za Sudan

Abarwanyi ba RSF bafashe icyicaro gikuru cy’ingabo za Sudan

Oct 26, 2025 - 16:45
 0

Kuri iki Cyumweru, umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) watangaje ko wafashe icyicaro gikuru cy’ingabo za Sudan mu mujyi wa al-Fashir, umurwa mukuru wa Leta ya Darfur y’Amajyaruguru, ari na ho hari ibirindiro bya nyuma bya FAR mu Burengerazuba bw’igihugu.


Nk’uko byatangajwe n’uyu mutwe, gufata al-Fashir ni intsinzi ikomeye muri uru rugamba rumaze amezi 18 hagati ya RSF n’ingabo za leta, zifatanyije n’abahoze ari inyeshyamba n’abarwanyi b’aho.

Igisirikare cya Sudan nticyahise gisobanura aho abarwanyi bacyo baherereye cyangwa uko byagenze mu gihe RSF yagose uyu mujyi mu gihe kirekire, ikoresheje ibitero by’indege zitagira abadereva n’imbunda za rutura, byagize ingaruka zikomeye ku baturage.

Amakuru dukesha Reuters avuga ko inzara ikomeje kwibasira abagera ku bantu 250,000 batuye muri uyu mujyi, kubera kugotwa kwawo n’intambara ikomeje.

Abasesenguzi bavuga ko gufata al-Fashir bishobora kuba intsinzi ya politiki ikomeye kuri RSF, kuko bishobora gutuma ifata ubuyobozi bw’akarere kanini ka Darfur, igashimangira umugambi wayo wo gushinga guverinoma ibangikanye n’iya Khartoum yashyizweho muri iyi mpeshyi.

Mu cyumweru gishize, RSF yavuze ko iri koroshya gusohoka kw’abasivili muri al-Fashir, ariko abahavuye bavuze ko bahuye n’ihohoterwa rikomeye, ririmo ubusambanyi ku gahato, ubwicanyi no gusahurwa bikorwa n’abarwanyi b’uyu mutwe.

Raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziheruka zivuga ko RSF yakoze ibyaha byinshi byibasiye inyokomuntu mu gihe cyo kugota uyu mujyi, mu gihe n’ingabo za leta zishinjwa ibikorwa by’amarorerwa.

Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu zihanze amaso ibishobora gukurikiraho, ziburira ko kwigarurira al-Fashir gushobora gutuma haduka ibitero bishingiye ku moko, nk’uko byabaye nyuma y’ifatwa ry’inkambi ya Zamzam mu majyepfo y’uwo mujyi.

Abarwanyi ba RSF bafashe icyicaro gikuru cy’ingabo za Sudan

Oct 26, 2025 - 16:45
 0
Abarwanyi ba RSF bafashe icyicaro gikuru cy’ingabo za Sudan

Kuri iki Cyumweru, umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) watangaje ko wafashe icyicaro gikuru cy’ingabo za Sudan mu mujyi wa al-Fashir, umurwa mukuru wa Leta ya Darfur y’Amajyaruguru, ari na ho hari ibirindiro bya nyuma bya FAR mu Burengerazuba bw’igihugu.


Nk’uko byatangajwe n’uyu mutwe, gufata al-Fashir ni intsinzi ikomeye muri uru rugamba rumaze amezi 18 hagati ya RSF n’ingabo za leta, zifatanyije n’abahoze ari inyeshyamba n’abarwanyi b’aho.

Igisirikare cya Sudan nticyahise gisobanura aho abarwanyi bacyo baherereye cyangwa uko byagenze mu gihe RSF yagose uyu mujyi mu gihe kirekire, ikoresheje ibitero by’indege zitagira abadereva n’imbunda za rutura, byagize ingaruka zikomeye ku baturage.

Amakuru dukesha Reuters avuga ko inzara ikomeje kwibasira abagera ku bantu 250,000 batuye muri uyu mujyi, kubera kugotwa kwawo n’intambara ikomeje.

Abasesenguzi bavuga ko gufata al-Fashir bishobora kuba intsinzi ya politiki ikomeye kuri RSF, kuko bishobora gutuma ifata ubuyobozi bw’akarere kanini ka Darfur, igashimangira umugambi wayo wo gushinga guverinoma ibangikanye n’iya Khartoum yashyizweho muri iyi mpeshyi.

Mu cyumweru gishize, RSF yavuze ko iri koroshya gusohoka kw’abasivili muri al-Fashir, ariko abahavuye bavuze ko bahuye n’ihohoterwa rikomeye, ririmo ubusambanyi ku gahato, ubwicanyi no gusahurwa bikorwa n’abarwanyi b’uyu mutwe.

Raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziheruka zivuga ko RSF yakoze ibyaha byinshi byibasiye inyokomuntu mu gihe cyo kugota uyu mujyi, mu gihe n’ingabo za leta zishinjwa ibikorwa by’amarorerwa.

Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu zihanze amaso ibishobora gukurikiraho, ziburira ko kwigarurira al-Fashir gushobora gutuma haduka ibitero bishingiye ku moko, nk’uko byabaye nyuma y’ifatwa ry’inkambi ya Zamzam mu majyepfo y’uwo mujyi.