Centrafrique: Maj.Gen Nyakarundi yagejeje ubutumwa yahawe na Perezida Kagame ku basirikare bari mu butumwa bw’amahoro
Kuri uyu wa Gatatu taliki 05 Werurwe 2025, umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka Major.General Vicent Nyakarundi n’itsinda bari kumwe,basuye ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye- MINUSCA ziri mu gace ka Bria muri Perefegitura ya Haute-Kotto iherereye mu Burasirazuba bw’ihugu cya Repubulika ya Centrafrique.
Ubwo yasuraga aba abasirikare b’u Rwanda bari mu Butumwa muri iki Gihugu, yabagejejeho ubutumwa bw’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, Perezida Paul Kagame.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF,yohereje ubutumwa bubashimira ku bwo gukora kinyamwuga no kurangwa n’umuhate mu kuzuza inshingano zabo. Anashimira akazi kakozwe ku bufatanye bw’u Rwanda na UN ndetse no ku bufatanye bw’Ibihugu byombi muri CAR mu kugarura amahoro ndetse no mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.”
Perezida Paul Kagame, kandi mu butumwa yohereje yanabasabye abasirikare b'u Rwanda gukomeza guhora biteguye no kuba maso igihe cyose bari mu nshingano zabo.


Kinyarwanda
English
Swahili









