DRC: 25 bishwe na Ebola kuva ukwezi kwa Nzeri kwatangira
Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeje ko icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara mu ntara ya Kasai, aho abantu 47 bamaze kwemezwa ko banduye naho 25 bakaba barishwe nacyo. Ni mu gihe Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS/WHO ryo rivuga ko hari n’abandi 10 bapfuye bishwe nacyo.
Muri Raporo nshya yatangajwe ku wa 22 na Minisiteri y’Ubuzima muri DRC ivuga ko abantu 47 ari bo bamaze kwandura iki cyorezo mu gihe abandi 25 bamaze kubura ubuzima kuva uku kwezi kwa Nzeri kwatangira kubera kubura ubuvuzi.
Ibyo bikaba mu gihe ku wa 15 Nzeri 2025, ari bwo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima 'OMS/WHO' ryari ryatangaje ko icyo cyorezo kigihari ndetse ko gikomeje gukwira mu bice bimwe na bimwe byo mu ntara ya Kasai muri DRC, ndetse icyo gihe ryemeza ko abantu 10 bari baherutse gupfira muri ako gace ko ari yo yabambuye ubuzima.
Muri iyo Raporo OMS/WHO iheruka gusohora yasabye ko imiryango mpuzamahanga itandukanye yatanga inkunga ya miliyoni 21 z’amadolari y’Amerika zo gufasha RDC mu guhangana n’iki cyorezo.
Mu gihe ibikorwa by’ingenzi wavuze ko iyo nkunga igomba gukoreshwa birimo inyishyu yo kohereza inzobere z’ubuzima mu bice byibasiwe, kumenya abarwaye hakiri kare bakavurwa, gukangurira abaturage bakanahabwa ubwirinzi, gutanga ubuvuzi n’imiti ndetse no gukora ibikorwa bigabanya ikwirakwizwa ry’icyo cyorezo.
Minisitiri w’Ubuzima muri DRC yavuze ko nubwo icyo cyorezo gikomeje kubuza bamwe ubuzima, ubuvuzi bwibanze ku bamaze kwandura bwo butigeze buhagarara, ndetse ko bakomeje gushaka uburyo bwihuse bwo gukumira ikwirakwizwa ryacyo.
Ni mu gihe abaturage batuye mu ntara ya Kasai bo basabwe kugira uruhare mu kubungabunga isuku no gutanga amakuru y’ukekwaho kuba arwaye hakiri kare.
Ebola ni cyorezo giterwa n’ubwoko bwa gakoko ka virus kitwa Zaire ebolavirus, ari nako kandura cyane, icyo cyorezo kikaba kica vuba iyo kigeze mu mubiri w’umuntu.


Kinyarwanda
English
Swahili









