Burundi: Impunzi z'Abanyekongo zirifuza gutaha kubera uruhuri rw' ibibazo biri mu nkambi
Impunzi z'Abanyekongo ziba mu nkambi z'impunzi ziri muri komini Ruyigi mu Gihugu cy'u Burundi zasabye gutaha kubera inzara izugarije ndetse bamwe muri bo bakavuga ko bagenzi babo bafungwa bazira gusohoka mu nkambi badafite impushya zo kuyihokamo.
Izi mpunzi zikomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ziba mu nkambi za Busuma, Nyankanda na Bwagiriza zose ziri muri komini ya Ruyigi mu Ntara ya Buhumuza mu Burasirazuba bw'Igihugu cy'u Burundi, bivugwa ko mu mpera z'icyumweru gishize zimwe muri izo mpunzi zagaragarije HCR ko zifuza gusubira iwabo muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo kubera ubuzima busharira zibayemo ndetse hakiyongeraho kuzifunga mu gihe zihotse mu nkambi zidafite uruhushya rwo gusohokamo.
Amakuru avuga ko izo mpunzi zimaze igihe zifatwa zizira gusohoka muri izo nkambi zidahawe uruhushya ruzemerera gusohoka mu nkambi, nkuko ikinyamakuru Sos Burundi cyabitangaje. Inyinshi muri izo mpunzi zikaba zifungiwe kuri kasho iri kuri sitasiyo ya Polisi muri komini Ruyigi. Izi mpunzi zafungiwe gusohoka mu nkambi zahungiyemo kubera intambara hagati ya AFC/ M23 na FRDC mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, mu gihe mu nkambi zicumbikiwemo hamaze iminsi havugwa inzara kubera ibura ry'ibiribwa ryatewe no ku kugabanya ingano y'ibiribwa izo mpunzi zahabwaga.
Impunzi z'Abanyekongo ziri mu nkambi zo mu Gihugu cy'u Burundi ntizemerewe kurenga intera y' ibirometero 5 uvuye mu nkambi. Impunzi ishaka gusohoka mu nkambi, biyisaba gusaba uruhushya rwo gusohoka mu nkambi. Ubusanzwe impunzi yasohokaga mu nkambi yasabwaga kwerekana irangamuntu y'ubuhunzi yonyine, nyamara benshi mu bahungiye muri izo nkambi bivugwa ko nta biranga impunzi bahawe.
Umwe mu mpunzi ziri mu nkambi ya Nyankanda witwa Angela, yagaragaje ko Abasohoka mu nkambi babiterwa nuko kubona uruhushya rwo gusohoka bigoye.
Yagize ati " Impushya zo gusohoka zitangwa inshuro eshatu mu cyumweru kandi zigahabwa abantu bake, ikibazo mu kuzisaba ntibihiramo iminsi. Gusohoka mu nkambi bishobora kubaho kubera impamvu gutabara abapfushije, uburwayi, kubona amahirwe yo kwiga umwuga cyangwa ikibazo kihutirwa mu muryango. Iyo udahawe uruhushya kandi ufite ikibazo gikomeye bamwe bafata icyemezo cyo kugenda badahawe uruhushya."
Amakuru avuga ko hari impunzi zishyura ruswa y'amafaranga 2000 y'Amarundi kugira ngo izo mpunzi zidafungwa ariko iyo bafashwe n'abapolisi bakajyanwa gufungirwa muri kasho ya Polisi. Hari impunzi zihabwa uruhushya rwo gusohoka ariko zatinda kugaruka nazo zigafungwa bitewe nuko uruhushya ruba rufite agaciro k'iminsi 15 gusa.
Impunzi zinagaragaza ko abenshi muri bo nta cyangombwa cy'ubuhunzi bagira ndetse ko uwufashwe wese yasohotse inkambi bamushinja gushaka gusubira muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo.
Ku cyemezo cyo gutanga impushya zo gusohoka mu nkambi, Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Impunzi n'Abimukira mu Gihugu cy'u Burundi, kivuga ko itangwa ry'impushya ku mpamvu z'umutekano no gukurikirana urujya n'uruza rw'impunzi. urwo rwego runavuga ko icyo cyemezo cyafashwe mu mpamvu z'umutekano w'izo mpunzi.
Tariki ya 19 Gashyantare 2026, Intumwa za HCR zari ziyobowe na Revendrini Menikdjwela, umuyobozi wungirije wayo ku Isi, zasuye inkambi zitandukanye mu Gihugu cy'u Burundi. Izo mpunzi ubwo zasurwaga na HCR zasabye ko hafungurwa inkambi zigasubira muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo kubera ubuzima busharira zirimo ndetse hari zimwe mu mpunzi zashatse gusohoka mu nkambi mu buryo busa no kwigaragambya imbere y'Intumwa za HCR bisaba Polisi kurasa mu kirere kugira ngo haboneke ituze ndetse abantu bane muri izo mpunzi barafungwa.
Intara ya Buhumuza yonyine icumbikiye impunzi zirenga 100,000 zicumbikiwe mu nkambi ya Nyankanda, Bwagiriza, Busuma muri komini Ruyigi zicumbikiye 80,000 by' impunzi mu gihe Komini Cankuzo bihana imbibi hari inkambi ya Kavumu ibamo impunzi zigera kuri 20,000.


Kinyarwanda
English
Swahili









