Denis Sassou Nguesso yongeye gutorerwa kuyobora Congo ku majwi 94.82%
Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso, yongeye gutorerwa gukomeza kuyobora iki gihugu nyuma yo kwegukana amajwi 94.82% mu matora aherutse kuba, nk’uko byatangajwe na televiziyo ya leta.
Iyi ntsinzi yari itegerejwe na benshi, aho Denis Sassou Nguesso w’imyaka 82 yari ahanganye n’abandi bakandida batandatu badafite izina rikomeye muri politiki y’iki gihugu gikungahaye kuri peteroli giherereye muri Afurika yo hagati. Aya matora yateguwe n’ishyaka riri ku butegetsi, ryakomeje kugaragaza imbaraga mu micungire ya politiki y’iki gihugu.
N’ubwo yegukanye intsinzi ikomeye, hari impungenge zagaragajwe n’abadipolomate n’abasesenguzi ba politiki ku bijyanye n’ubwisanzure n’umucyo w’aya matora. Ibiro ntaramakuru Reuters byatangaje ko amashyaka akomeye atavuga rumwe n’ubutegetsi yahisemo kutagira umukandida atanga, avuga ko atizeye ko azaba mu mucyo.
Byongeye, bamwe mu banyapolitiki bazwi batavuga rumwe n’ubutegetsi, barimo Jean-Marie Michel Mokoko na André Okombi Salissa, bamaze hafi imyaka icumi bafunzwe, ibintu bikomeje kuzamura impaka ku bwisanzure bwa politiki muri iki gihugu.
Denis Sassou Nguesso amaze hafi imyaka 42 ku butegetsi, ibintu bituma akomeza kuba umwe mu bayobozi bamaze igihe kirekire ku buyobozi ku mugabane wa Afurika.


Kinyarwanda
English
Swahili









