issa
CHADEMA yasabye ICC gukurikirana Perezida Samia

CHADEMA yasabye ICC gukurikirana Perezida Samia

Nov 4, 2025 - 09:58
 0

Perezida Samia Suluhu Hassan yatsinze amatora kuri 98% ariko yarahiriye mu kigo cya gisirikare mu kwirinda imyigaragambyo yari kuba iyo arahirira muri sitade nk'uko bisanzwe. Kuri ubu rero ishyaka ritavuga rumwe na CCM iri ku butegetsi ryamaze kumenyesha imiryango mpuzamahanga ko bakwiriye kugira igikorwa kuko abaturage bakomeje kwicwa abandi babuze uko bagera kwa muganga kuko ingendo zidashoboka ndetse n'itumanaho ryakuweho.


Ishyaka rya CHADEMA ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Samia Suluhu Hassan ryandikiye Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ‘ICC’ ku byaha biri gukorerwa abanyagihugu ba Tanzania bazira kwigaragambya.

Ni itangazo ryashyizwe ku mbuga nkoranyambaga ku wa 2 Ugushyingo 2025 risinywaho na John Mnyika, Umunyamabanga mukuru wa CHADEMA.

Bimwe mu bikubiye muri iryo tangazo rikubiyemo ingingo enye. Iya mbere isobanura ko inzego z’umutekano ziri gukoresha ingufu z’umurengera mu guhosha imyigaragambyo. Nyamara abigaragambya bari guharanira uburenganzira bwabo mu kwamagana ibyiswe amatora yok u wa 29 Ukwakira 2025.

Ingingo ya kabiri, CHADEMA yasabye inzego z’umutekano kudakoresha ingufu z’umurengera mu kwica abigaragambya. Indi ngingo ivuga ko CHADEMA yasabye Loni n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha’ICC’ gutangiza iperereza ku byaha biri gukorwa na Leta ya Perezida Samia Suluhu. Iya nyuma berekanye ko ubuzima bw’igihugu buri mu icuraburindi bitewe n’uko murandasi yakuweho ndetse n’ibikorwa by’abaturage ntabwo biri gukorwa nk’uko bisanzwe nyamara hari umubare munini urya ariko bagiye gupagasa.

CHADEMA yasobanuye ko ibitaro byuzuye abarwayi bakomerekeye mu myigaragambyo, ariko hakaba abandi baheze ku mihanda bazira kubura ubushobozi bwo kujya kwivuza, itumanaho ryavuyeho ku buryo bigoye kuba bamenyesha abavandimwe babo aho barembeye. Ishyaka riharanira iterambere n’amajyambere CHADEMA, rivuga ko abarenga 800 bapfiriye mu myigaragambyo.

CHADEMA yanahishuye ko abapolisi bari kujya mu bitaro guhiga abapfiriyeyo baguye mu myigaragambyo bagatwara imirambo kugirango bahishe ibimenyetso bityo bakingire ikibaba Leta ya Samia Suluhu.

Perezida Samia ari mu bihe bitamworoheye nubwo yatsinze amatora kuri 98%

CHADEMA yasabye ICC gukurikirana Perezida Samia

Nov 4, 2025 - 09:58
Nov 4, 2025 - 10:01
 0
CHADEMA yasabye ICC gukurikirana Perezida Samia

Perezida Samia Suluhu Hassan yatsinze amatora kuri 98% ariko yarahiriye mu kigo cya gisirikare mu kwirinda imyigaragambyo yari kuba iyo arahirira muri sitade nk'uko bisanzwe. Kuri ubu rero ishyaka ritavuga rumwe na CCM iri ku butegetsi ryamaze kumenyesha imiryango mpuzamahanga ko bakwiriye kugira igikorwa kuko abaturage bakomeje kwicwa abandi babuze uko bagera kwa muganga kuko ingendo zidashoboka ndetse n'itumanaho ryakuweho.


Ishyaka rya CHADEMA ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Samia Suluhu Hassan ryandikiye Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ‘ICC’ ku byaha biri gukorerwa abanyagihugu ba Tanzania bazira kwigaragambya.

Ni itangazo ryashyizwe ku mbuga nkoranyambaga ku wa 2 Ugushyingo 2025 risinywaho na John Mnyika, Umunyamabanga mukuru wa CHADEMA.

Bimwe mu bikubiye muri iryo tangazo rikubiyemo ingingo enye. Iya mbere isobanura ko inzego z’umutekano ziri gukoresha ingufu z’umurengera mu guhosha imyigaragambyo. Nyamara abigaragambya bari guharanira uburenganzira bwabo mu kwamagana ibyiswe amatora yok u wa 29 Ukwakira 2025.

Ingingo ya kabiri, CHADEMA yasabye inzego z’umutekano kudakoresha ingufu z’umurengera mu kwica abigaragambya. Indi ngingo ivuga ko CHADEMA yasabye Loni n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha’ICC’ gutangiza iperereza ku byaha biri gukorwa na Leta ya Perezida Samia Suluhu. Iya nyuma berekanye ko ubuzima bw’igihugu buri mu icuraburindi bitewe n’uko murandasi yakuweho ndetse n’ibikorwa by’abaturage ntabwo biri gukorwa nk’uko bisanzwe nyamara hari umubare munini urya ariko bagiye gupagasa.

CHADEMA yasobanuye ko ibitaro byuzuye abarwayi bakomerekeye mu myigaragambyo, ariko hakaba abandi baheze ku mihanda bazira kubura ubushobozi bwo kujya kwivuza, itumanaho ryavuyeho ku buryo bigoye kuba bamenyesha abavandimwe babo aho barembeye. Ishyaka riharanira iterambere n’amajyambere CHADEMA, rivuga ko abarenga 800 bapfiriye mu myigaragambyo.

CHADEMA yanahishuye ko abapolisi bari kujya mu bitaro guhiga abapfiriyeyo baguye mu myigaragambyo bagatwara imirambo kugirango bahishe ibimenyetso bityo bakingire ikibaba Leta ya Samia Suluhu.

Perezida Samia ari mu bihe bitamworoheye nubwo yatsinze amatora kuri 98%