issa
Centrafrique: Guverineri yashimye imiyoborere y’u Rwanda ireba kure

Centrafrique: Guverineri yashimye imiyoborere y’u Rwanda ireba kure

Apr 11, 2025 - 09:18
 0

Kuri uyu wa Kane taliki 10 Mata 2025, Ingabo z’u Rwanda ziba mu duce twa Mbaiki na Bagandou , muri Centrafrique, zibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.


Ni igikorwa  kitabiriwe na Guverineri w’Intara ya Lobaye, Lydie Georgette Gahoro , muri Repubulika ya Centrafrique  washimye aho u Rwanda rugeze rwiyubaka rubikesha imiyoborere myiza.

Guverineri Lydie Georgette Gahoro, yashimye ubudasa bw’u Rwanda naho rugeze rwubaka ubukungu, byose byaturutse ku buyobozi bureba kure.

Yashimye ko kandi u Rwanda aho rugeze nyuma y'uko bitari birworoheye kwikura mu  mateka ashaririye rwanyuzemo nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi, ariko hamwe n’ubuyobozi bwiza ubu rukaba rwariyubatse.

Ikindi yagarutseho, ni intambwe yatewe idasanzwe mu bumwe n’ubwiyunge, byarufashije kongera kwiyubaka ruhereye ku busa, none ubu akaba ari Igihugu cy’intangarugero.

Yavuze  ko kandi u Rwanda ubu ari Igihugu gifite ubukungu buhagaze neza ndetse kikaba intangarugero muri byinshi. Ibi byose bikaba biva ku miyoborere ishyira imbere uruhare rwa buri muturage, ikanamushyira ku isonga.

 

Centrafrique: Guverineri yashimye imiyoborere y’u Rwanda ireba kure

Apr 11, 2025 - 09:18
 0
Centrafrique: Guverineri yashimye imiyoborere y’u Rwanda ireba kure

Kuri uyu wa Kane taliki 10 Mata 2025, Ingabo z’u Rwanda ziba mu duce twa Mbaiki na Bagandou , muri Centrafrique, zibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.


Ni igikorwa  kitabiriwe na Guverineri w’Intara ya Lobaye, Lydie Georgette Gahoro , muri Repubulika ya Centrafrique  washimye aho u Rwanda rugeze rwiyubaka rubikesha imiyoborere myiza.

Guverineri Lydie Georgette Gahoro, yashimye ubudasa bw’u Rwanda naho rugeze rwubaka ubukungu, byose byaturutse ku buyobozi bureba kure.

Yashimye ko kandi u Rwanda aho rugeze nyuma y'uko bitari birworoheye kwikura mu  mateka ashaririye rwanyuzemo nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi, ariko hamwe n’ubuyobozi bwiza ubu rukaba rwariyubatse.

Ikindi yagarutseho, ni intambwe yatewe idasanzwe mu bumwe n’ubwiyunge, byarufashije kongera kwiyubaka ruhereye ku busa, none ubu akaba ari Igihugu cy’intangarugero.

Yavuze  ko kandi u Rwanda ubu ari Igihugu gifite ubukungu buhagaze neza ndetse kikaba intangarugero muri byinshi. Ibi byose bikaba biva ku miyoborere ishyira imbere uruhare rwa buri muturage, ikanamushyira ku isonga.