issa
DRC: Ibinyamakuru byabujijwe gutangaza amakuru avuga kuri Kabila n'ishyaka rye

DRC: Ibinyamakuru byabujijwe gutangaza amakuru avuga kuri Kabila n'ishyaka rye

Jun 3, 2025 - 17:56
 0

Ku wa 2 Kamena 2025, Christian Bosembe, Perezida w’Inama Nkuru ishinzwe kugenzura imikorere y’itangazamakuru n’imiyoboro y’itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (CSAC), yatangaje icyemezo kibuza ibinyamakuru gutangaza inkuru cyangwa amagambo yerekeye kuri Joseph Kabila n’ishyaka rye rya PPRD.


Mu itangazo rye, Bosembe yagize ati: "Guhera uyu munsi, ibinyamakuru n’abanyamakuru ntibemerewe kuvuga cyangwa kwandika kuri Joseph Kabila na PPRD, haba mu buryo bwo kubaha ijambo cyangwa kubatangazaho amakuru."

Ibi bibaye mu gihe Kabila akomeje ibiganiro n’abayobozi n’abaturage bo mu bice biri mu maboko y’ihuriro AFC/M23 mu burasirazuba bwa Congo.

Umuvugizi w’iri huriro, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko iryo tegeko ridasanzwe ritazubahirizwa mu duce AFC/M23 igenzura. Ati: "Icyemezo cyatangajwe i Kinshasa ntigifite agaciro mu bice dufiteho ububasha."

Guverinoma ya Congo ishinja Kabila kuba ari umwe mu bayobozi b’ihuriro AFC/M23 ndetse imukurikiranyeho ibyaha bikomeye birimo kugambanira igihugu, kugira uruhare mu mutwe w’iterabwoba, ibyaha by’intambara n’ibyibasira inyokomuntu.

Ariko, urubuga Reconstruire RDC rwatangijwe na Kabila rwo ruvuga ko impamvu y’urugendo rwe mu mujyi wa Goma ari ugushaka amahoro, bihabanye n'ibyo Leta imushinja.

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: anselmetuyizere07@gmail.com

DRC: Ibinyamakuru byabujijwe gutangaza amakuru avuga kuri Kabila n'ishyaka rye

Jun 3, 2025 - 17:56
 0
DRC: Ibinyamakuru byabujijwe gutangaza amakuru avuga kuri Kabila n'ishyaka rye

Ku wa 2 Kamena 2025, Christian Bosembe, Perezida w’Inama Nkuru ishinzwe kugenzura imikorere y’itangazamakuru n’imiyoboro y’itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (CSAC), yatangaje icyemezo kibuza ibinyamakuru gutangaza inkuru cyangwa amagambo yerekeye kuri Joseph Kabila n’ishyaka rye rya PPRD.


Mu itangazo rye, Bosembe yagize ati: "Guhera uyu munsi, ibinyamakuru n’abanyamakuru ntibemerewe kuvuga cyangwa kwandika kuri Joseph Kabila na PPRD, haba mu buryo bwo kubaha ijambo cyangwa kubatangazaho amakuru."

Ibi bibaye mu gihe Kabila akomeje ibiganiro n’abayobozi n’abaturage bo mu bice biri mu maboko y’ihuriro AFC/M23 mu burasirazuba bwa Congo.

Umuvugizi w’iri huriro, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko iryo tegeko ridasanzwe ritazubahirizwa mu duce AFC/M23 igenzura. Ati: "Icyemezo cyatangajwe i Kinshasa ntigifite agaciro mu bice dufiteho ububasha."

Guverinoma ya Congo ishinja Kabila kuba ari umwe mu bayobozi b’ihuriro AFC/M23 ndetse imukurikiranyeho ibyaha bikomeye birimo kugambanira igihugu, kugira uruhare mu mutwe w’iterabwoba, ibyaha by’intambara n’ibyibasira inyokomuntu.

Ariko, urubuga Reconstruire RDC rwatangijwe na Kabila rwo ruvuga ko impamvu y’urugendo rwe mu mujyi wa Goma ari ugushaka amahoro, bihabanye n'ibyo Leta imushinja.