issa
Urukiko rwongeye gusubika isomwa ry’urubanza rw’umwarimu uregwa kwiba imodoka

Urukiko rwongeye gusubika isomwa ry’urubanza rw’umwarimu uregwa kwiba imodoka

Jun 3, 2025 - 18:06
 0

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongeye gusubika   ku nshuro ya kane urubanza  rw’Umwarimu uregwa kwiba imodoka.


Urukiko rwari rwapfundikiye urubanza runatangaza igihe urubanza rwari gusomwa.

Uyu mwarimu wigisha ku ishuri ry’ababyeyi rya ESPANYA riri mu Murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza uregwa, yabwiye itangazamakuru, ko urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasubitse isomwa ry’urubanza, ruhita rutumiza uwatanze ikirego ku buryo azongera kwitaba urukiko ku tariki ya 17 Kamena 2025.

Ni mu nshuro ya Kane urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ruhamagaza uwatanze ikirego ko yibwe imodoka n’umwarimu witwa Gatarayiha Marcel wigisha ku ishuri ry’ababyeyi rya ESPANYA riri  mu karere ka Nyanza.

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasanze ari ngombwa ko rwongera guhamagaza uwatanze ikirego avuga ko yibwe imodoka, urukiko, ubushinjacyaha ndetse n’abaregwa bakagira ibyo bamubaza.

Uruhande rwa Gatarayiha Marcel rushingiye ko uwatanze ikirego ko yibwe imodoka, yahamagajwe n’urukiko inshuro irenze imwe ntiyitabe bityo  basaba  urukiko ko uru rubanza rwasomwa.

Ubushinjacyaha nabwo bwavuze ko hashingiwe ko uwatanze ikirego ko yibwe imodoka yahamagajwe byemewe n’amategeko ntiyitabe urukiko rwazabifataho icyemezo.

Bikekwa ko iyo modoka mwarimu  aregwa kwiba, bigaragara ko ibaruye ku byangombwa bye.

Gatarayiha yireguye agira ati ”Njye no mu busanzwe sinzi gutwara imodoka ahubwo iyo modoka Koko ishobora kuba yaribwe ikabarurwa ku indangamuntu yanjye, bya bindi dutanga indangamuntu, bakayifotora ariko nta ruhare nagize rwo kwiba iyo modoka.”

Me Rachel Niragire, wunganira mwarimu Gatarayiha Marcel, nawe agira ati”Umukiriya wanjye ntakwiye gukurikiranywaho iki cyaha cyo kwiba kuko cyashaje dukurikije amategeko.”

Mwarimu Gatarayiha  aregwa imodoka yibwe mu mwaka wa 2019, yabanje gutabwa muri yombi ariko afungurwa atararegerwa urukiko.

Mu mwaka wa 2024 nabwo yongera gutabwa muri yombi azira ko yibye iriya modoka, afungirwa kuri sitasiyo ya RIB ya Rwezamenyo. Ubugenzacyaha bwakoze dosiye, buyishyikiriza ubushinjacyaha nabwo buyiregera urukiko rw’ibanze rwa Nyamirambo.

Gatarayiha yaburanye ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo maze urukiko rw’ibanze rwa Nyamirambo rufata icyemezo ko yakurikiranwa afunzwe by’agateganyo ahita ajurira kiriya cyemezo mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge,  rumufungura by’agateganyo akaba ari kuburana adafunze.

Uriya mwarimu ubu aracyari mwarimu ku ishuri ry’ababyeyi rya ESPANYA nubwo akiri gukurikiranwa n’inkiko.

Urukiko rwongeye gusubika isomwa ry’urubanza rw’umwarimu uregwa kwiba imodoka

Jun 3, 2025 - 18:06
Jun 3, 2025 - 19:08
 0
Urukiko rwongeye gusubika isomwa ry’urubanza rw’umwarimu uregwa kwiba imodoka

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongeye gusubika   ku nshuro ya kane urubanza  rw’Umwarimu uregwa kwiba imodoka.


Urukiko rwari rwapfundikiye urubanza runatangaza igihe urubanza rwari gusomwa.

Uyu mwarimu wigisha ku ishuri ry’ababyeyi rya ESPANYA riri mu Murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza uregwa, yabwiye itangazamakuru, ko urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasubitse isomwa ry’urubanza, ruhita rutumiza uwatanze ikirego ku buryo azongera kwitaba urukiko ku tariki ya 17 Kamena 2025.

Ni mu nshuro ya Kane urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ruhamagaza uwatanze ikirego ko yibwe imodoka n’umwarimu witwa Gatarayiha Marcel wigisha ku ishuri ry’ababyeyi rya ESPANYA riri  mu karere ka Nyanza.

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasanze ari ngombwa ko rwongera guhamagaza uwatanze ikirego avuga ko yibwe imodoka, urukiko, ubushinjacyaha ndetse n’abaregwa bakagira ibyo bamubaza.

Uruhande rwa Gatarayiha Marcel rushingiye ko uwatanze ikirego ko yibwe imodoka, yahamagajwe n’urukiko inshuro irenze imwe ntiyitabe bityo  basaba  urukiko ko uru rubanza rwasomwa.

Ubushinjacyaha nabwo bwavuze ko hashingiwe ko uwatanze ikirego ko yibwe imodoka yahamagajwe byemewe n’amategeko ntiyitabe urukiko rwazabifataho icyemezo.

Bikekwa ko iyo modoka mwarimu  aregwa kwiba, bigaragara ko ibaruye ku byangombwa bye.

Gatarayiha yireguye agira ati ”Njye no mu busanzwe sinzi gutwara imodoka ahubwo iyo modoka Koko ishobora kuba yaribwe ikabarurwa ku indangamuntu yanjye, bya bindi dutanga indangamuntu, bakayifotora ariko nta ruhare nagize rwo kwiba iyo modoka.”

Me Rachel Niragire, wunganira mwarimu Gatarayiha Marcel, nawe agira ati”Umukiriya wanjye ntakwiye gukurikiranywaho iki cyaha cyo kwiba kuko cyashaje dukurikije amategeko.”

Mwarimu Gatarayiha  aregwa imodoka yibwe mu mwaka wa 2019, yabanje gutabwa muri yombi ariko afungurwa atararegerwa urukiko.

Mu mwaka wa 2024 nabwo yongera gutabwa muri yombi azira ko yibye iriya modoka, afungirwa kuri sitasiyo ya RIB ya Rwezamenyo. Ubugenzacyaha bwakoze dosiye, buyishyikiriza ubushinjacyaha nabwo buyiregera urukiko rw’ibanze rwa Nyamirambo.

Gatarayiha yaburanye ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo maze urukiko rw’ibanze rwa Nyamirambo rufata icyemezo ko yakurikiranwa afunzwe by’agateganyo ahita ajurira kiriya cyemezo mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge,  rumufungura by’agateganyo akaba ari kuburana adafunze.

Uriya mwarimu ubu aracyari mwarimu ku ishuri ry’ababyeyi rya ESPANYA nubwo akiri gukurikiranwa n’inkiko.