Bemba yashinje Kabila gushinga M23 no gufasha umutwe wa Mai-Mai

Bemba yashinje Kabila gushinga M23 no gufasha umutwe wa Mai-Mai

Mar 6, 2025 - 11:26
 0

Minisitiri w’Intebe wungirije w’Ubwikorezi, Jean-Pierre Bemba Gombo, yashinje uwahoze ari perezida wa DRC, Joseph Kabila Kabange, kuba ari we watangije inyeshyamba za M23 zibumbiye mu ihuriro rya AFC riyobowe na Coroneil Nangaa.


Yabivuze kuri uyu wa Gatatu taliki 05 Werurwe 2025, abivugira mu nama yabereye i Kikwit (Kwilu), aho yari mu bukangurambaga bushishikariza  urubyiruko kujya mu gisirikare mu rwego rwo kurengera igihugu.

 Imbere y’abantu babarirwa mu magana, Bemba yavuze ko afite ibimenyetso bigaragaza  ko Joseph Kabila na we ari inyuma y’imitwe myinshi ikorera muri Congo cyane cyane Maï-Ndombe, Kwilu, Kwango na M23.

 Ati: "Mfite ibimenyetso byose byerekana ko Joseph Kabila ashyigikiye inyeshyamba za AFC/M23, n'abasirikare ba Mobondo. Niyo mpamvu  yahungiye mu mahanga kubera ko azi ko atisanzuye.”

Radiookapi yanditse ko  Bemba avuga ko  inyeshyamba  za AFC/M23 ngo zirashaka gusubiramo ibikorwa byakozwe mu myaka ya 1996-1997 byo gusahura amabuye y'agaciro mu burasirazuba bw'igihugu.

Mu minsi mike ishize, ubwo yari i Davos mu Busuwisi, Perezida Tshisekedi ni we wa mbere washinje  Joseph Kabila, kuba moteri ya M23 mu ntambara irimo kubera mu Burasirazuba bwa Congo.

Mu gusubiza, Ferdinand Kambere, umunyamabanga nshingwabikorwa w’ishyaka  (PPRD), rya Joseph Kabila, yanze ibyo birego, yemeza ko amagambo y’umukuru w’igihugu yerekanaga ko tishoboye  kuyobora igihugu by’umwihariko mu guhosha intambara mu Burasirazuba bwa Congo.

Kabila na we yaje gutobora avuga ko mu gihe Tshisekedi yaba ataganiriye na AFC?M23 nta mutekano witezwe muri iki gihugu.

 

 

 

Bemba yashinje Kabila gushinga M23 no gufasha umutwe wa Mai-Mai

Mar 6, 2025 - 11:26
Mar 6, 2025 - 11:29
 0
Bemba yashinje Kabila gushinga M23 no gufasha umutwe wa Mai-Mai

Minisitiri w’Intebe wungirije w’Ubwikorezi, Jean-Pierre Bemba Gombo, yashinje uwahoze ari perezida wa DRC, Joseph Kabila Kabange, kuba ari we watangije inyeshyamba za M23 zibumbiye mu ihuriro rya AFC riyobowe na Coroneil Nangaa.


Yabivuze kuri uyu wa Gatatu taliki 05 Werurwe 2025, abivugira mu nama yabereye i Kikwit (Kwilu), aho yari mu bukangurambaga bushishikariza  urubyiruko kujya mu gisirikare mu rwego rwo kurengera igihugu.

 Imbere y’abantu babarirwa mu magana, Bemba yavuze ko afite ibimenyetso bigaragaza  ko Joseph Kabila na we ari inyuma y’imitwe myinshi ikorera muri Congo cyane cyane Maï-Ndombe, Kwilu, Kwango na M23.

 Ati: "Mfite ibimenyetso byose byerekana ko Joseph Kabila ashyigikiye inyeshyamba za AFC/M23, n'abasirikare ba Mobondo. Niyo mpamvu  yahungiye mu mahanga kubera ko azi ko atisanzuye.”

Radiookapi yanditse ko  Bemba avuga ko  inyeshyamba  za AFC/M23 ngo zirashaka gusubiramo ibikorwa byakozwe mu myaka ya 1996-1997 byo gusahura amabuye y'agaciro mu burasirazuba bw'igihugu.

Mu minsi mike ishize, ubwo yari i Davos mu Busuwisi, Perezida Tshisekedi ni we wa mbere washinje  Joseph Kabila, kuba moteri ya M23 mu ntambara irimo kubera mu Burasirazuba bwa Congo.

Mu gusubiza, Ferdinand Kambere, umunyamabanga nshingwabikorwa w’ishyaka  (PPRD), rya Joseph Kabila, yanze ibyo birego, yemeza ko amagambo y’umukuru w’igihugu yerekanaga ko tishoboye  kuyobora igihugu by’umwihariko mu guhosha intambara mu Burasirazuba bwa Congo.

Kabila na we yaje gutobora avuga ko mu gihe Tshisekedi yaba ataganiriye na AFC?M23 nta mutekano witezwe muri iki gihugu.

 

 

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.