issa
Ambasaderi wa Uganda muri Congo yatumijweho ngo asobanura ibyo gufungura imipaka igenzurwa na AFC/M23

Ambasaderi wa Uganda muri Congo yatumijweho ngo asobanura ibyo gufungura imipaka igenzurwa na AFC/M23

Jul 19, 2025 - 09:31
 0

Ambasaderi wa Uganda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Alhajji Farid M. Kaliisa, yahamagawe na Minisitiri w'Ububanyi n’Amahanga muri DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner, asabwa gutanga ibisobanuro ku bikorwa bivugwa na Congo nk’ibiteye impungenge byagaragaye vuba aha.


Iri hamagazwa rije nyuma y’icyumweru kimwe Uganda ifunguye ku mugaragaro imipaka ya Bunagana na Ishasha iyihuza na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu duce tugenzurwa n’ihuriro rya AFC/M23.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Congo kuri uyu wa Kane, tariki ya 17 Nyakanga 2025, ryemeza ko Ambasaderi Alhajji Farid M. Kaliisa yitabye Minisitiri Thérèse Kayikwamba Wagner.

Minisiteri ivuga ko iri hamagazwa rishingiye ku guharanira ubwubahane hagati y’ibihugu, cyane cyane mu kurengera ubusugire n’ubutavogerwa bw’imipaka.

Tariki ya 12 Nyakanga 2025, ni bwo Uganda yafunguye iyo mipaka ya Bunagana na Ishasha mu gikorwa cyabaye nta muyobozi wa Leta ya Kinshasa ucyitabiriye, bitera impaka mu bayobozi ba Congo.

Bivugwa ko nyuma y’icyo gikorwa, Guverineri wa gisirikare wa Kivu y'Amajyarugu, Maj Gen Evariste Kakule Somo, yahamagaje Isingoma Isimererwa uhagarariye Uganda, bakagirana ibiganiro. 

Mu itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya DRC yaragize iti "Kuri uyu wa kane tariki 17 Nyakanga 2025, Minisitiri wa Leta akaba na Minisitiri w'Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane Mpuzamahanga na Francophonie, Thérèse Kayikwamba Wagner, yatumije Ambasaderi wa Uganda i Kinshasa.

Iri hamagazwa ribayeho nyuma y’ibikorwa biherutse kugaragara biteye impungenge ubuyobozi bwa Congo.”

Nubwo ibi bibaye, Uganda na DRC bisanzwe bifitanye umubano wihariye mu bijyanye n’umutekano, aho ingabo z’ibi bihugu zifatanya mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF ukorera mu mashyamba ya Congo urwanya ubutegetsi bwa Uganda.

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: anselmetuyizere07@gmail.com

Ambasaderi wa Uganda muri Congo yatumijweho ngo asobanura ibyo gufungura imipaka igenzurwa na AFC/M23

Jul 19, 2025 - 09:31
Jul 19, 2025 - 09:32
 0
Ambasaderi wa Uganda muri Congo yatumijweho ngo asobanura ibyo gufungura imipaka igenzurwa na AFC/M23

Ambasaderi wa Uganda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Alhajji Farid M. Kaliisa, yahamagawe na Minisitiri w'Ububanyi n’Amahanga muri DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner, asabwa gutanga ibisobanuro ku bikorwa bivugwa na Congo nk’ibiteye impungenge byagaragaye vuba aha.


Iri hamagazwa rije nyuma y’icyumweru kimwe Uganda ifunguye ku mugaragaro imipaka ya Bunagana na Ishasha iyihuza na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu duce tugenzurwa n’ihuriro rya AFC/M23.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Congo kuri uyu wa Kane, tariki ya 17 Nyakanga 2025, ryemeza ko Ambasaderi Alhajji Farid M. Kaliisa yitabye Minisitiri Thérèse Kayikwamba Wagner.

Minisiteri ivuga ko iri hamagazwa rishingiye ku guharanira ubwubahane hagati y’ibihugu, cyane cyane mu kurengera ubusugire n’ubutavogerwa bw’imipaka.

Tariki ya 12 Nyakanga 2025, ni bwo Uganda yafunguye iyo mipaka ya Bunagana na Ishasha mu gikorwa cyabaye nta muyobozi wa Leta ya Kinshasa ucyitabiriye, bitera impaka mu bayobozi ba Congo.

Bivugwa ko nyuma y’icyo gikorwa, Guverineri wa gisirikare wa Kivu y'Amajyarugu, Maj Gen Evariste Kakule Somo, yahamagaje Isingoma Isimererwa uhagarariye Uganda, bakagirana ibiganiro. 

Mu itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya DRC yaragize iti "Kuri uyu wa kane tariki 17 Nyakanga 2025, Minisitiri wa Leta akaba na Minisitiri w'Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane Mpuzamahanga na Francophonie, Thérèse Kayikwamba Wagner, yatumije Ambasaderi wa Uganda i Kinshasa.

Iri hamagazwa ribayeho nyuma y’ibikorwa biherutse kugaragara biteye impungenge ubuyobozi bwa Congo.”

Nubwo ibi bibaye, Uganda na DRC bisanzwe bifitanye umubano wihariye mu bijyanye n’umutekano, aho ingabo z’ibi bihugu zifatanya mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF ukorera mu mashyamba ya Congo urwanya ubutegetsi bwa Uganda.