issa
Bigirimana Abdi yasinyiye Vision Football Club

Bigirimana Abdi yasinyiye Vision Football Club

Dec 25, 2025 - 08:19
 0

Umukinnyi wo hagati mu kibuga w'umurundi, Bigirimana Abdi yasinyiye Vision Football Club yo mu Burundi.


Mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 24 Ukuboza 2025, nibwo Vision FC yo mu gihugu cy'u Burundi yatangaje ko yasinyishije Bigirimana Abdi ukina mu kibuga hagati. Uyu musore yasinyiye iyi kipe amasezerano y'imyaka ibiri n'amezi atandatu nk'umukinnyi wayo.

Bigirimana Abdi ni umukinnyi ukiri muto kuko afite imyaka 16, ndetse ni umwe mu bakinnyi bakiri bato bafite impano idasanzwe mu gihugu cy'u Burundi. Uyu musore ubwo ikipe ya Vision FC yamutangazaga kumugaragaro, bishimiye kumuhereza ikaze mu muryango.

Bagize ati " Twishimiye guhereza ikaze Bigirimana Abdi mu muryango wa Vision FC, umukinnyi wo hagati ufite impano idasanzwe. Impano y'ahazaza, urugendo rwe rutangiye ubu. Ikaze Abdi."

Bigirimana Abdi ni murumuna wa Bigirimana Abedi ukina muri Rayon Sports ndetse uyu mukinnyi ukina hano mu Rwanda akimara kubona murumuna we asinyishijwe yahise amwifuriza amahirwe masa mu rugendo atangiye.

Bigirimana Abedi abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yagize ati " Amahirwe masa muvandi muto, ku rugendo utangiye."

Ubusanzwe aba bakinnyi bombi bafite inkomoko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ariko bahawe ubwenegihugu bw'u Burundi. Bigirimana Abedi amaze gufatisha hano mu Rwanda, murumuna we nawe agiye gutangira gukina Shampiyona y'u Burundi nyuma yo guhabwa amasezerano na Vision FC.

Vision FC nyuma y'imikino 15 yakinnye muri Shampiyona y'u Burundi, yicaye ku mwanya wa Karindwi n'amanota 24 ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona. Iyi kipe imaze gutsinda ibitego 23 itsindwa ibitego 18, bivuze ko izigamye ibitego 5 gusa.

Bigirimana Abdi yasinyiye Vision FC

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Bigirimana Abdi yasinyiye Vision Football Club

Dec 25, 2025 - 08:19
 0
Bigirimana Abdi yasinyiye Vision Football Club

Umukinnyi wo hagati mu kibuga w'umurundi, Bigirimana Abdi yasinyiye Vision Football Club yo mu Burundi.


Mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 24 Ukuboza 2025, nibwo Vision FC yo mu gihugu cy'u Burundi yatangaje ko yasinyishije Bigirimana Abdi ukina mu kibuga hagati. Uyu musore yasinyiye iyi kipe amasezerano y'imyaka ibiri n'amezi atandatu nk'umukinnyi wayo.

Bigirimana Abdi ni umukinnyi ukiri muto kuko afite imyaka 16, ndetse ni umwe mu bakinnyi bakiri bato bafite impano idasanzwe mu gihugu cy'u Burundi. Uyu musore ubwo ikipe ya Vision FC yamutangazaga kumugaragaro, bishimiye kumuhereza ikaze mu muryango.

Bagize ati " Twishimiye guhereza ikaze Bigirimana Abdi mu muryango wa Vision FC, umukinnyi wo hagati ufite impano idasanzwe. Impano y'ahazaza, urugendo rwe rutangiye ubu. Ikaze Abdi."

Bigirimana Abdi ni murumuna wa Bigirimana Abedi ukina muri Rayon Sports ndetse uyu mukinnyi ukina hano mu Rwanda akimara kubona murumuna we asinyishijwe yahise amwifuriza amahirwe masa mu rugendo atangiye.

Bigirimana Abedi abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yagize ati " Amahirwe masa muvandi muto, ku rugendo utangiye."

Ubusanzwe aba bakinnyi bombi bafite inkomoko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ariko bahawe ubwenegihugu bw'u Burundi. Bigirimana Abedi amaze gufatisha hano mu Rwanda, murumuna we nawe agiye gutangira gukina Shampiyona y'u Burundi nyuma yo guhabwa amasezerano na Vision FC.

Vision FC nyuma y'imikino 15 yakinnye muri Shampiyona y'u Burundi, yicaye ku mwanya wa Karindwi n'amanota 24 ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona. Iyi kipe imaze gutsinda ibitego 23 itsindwa ibitego 18, bivuze ko izigamye ibitego 5 gusa.

Bigirimana Abdi yasinyiye Vision FC