Amakipe yo muri Sudani yemerewe no gukina n'igikombe cy'Amahoro
Amakipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y'u Rwanda, no gukina igikombe cy'Amahoro.
Ku munsi w'ejo hashize tariki 23 Ukwakira 2025, nibwo ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru hano mu Rwanda yemeje ko yemereye amakipe arimo Al Merriekh, Al Hilal Omdurman na Ahli Wad Madani ko azakina shampiyona y'u Rwanda.
Aya makipe nayo abinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yatangaje ko agiye kuza mu Rwanda mu minsi iri imbere gutangira Shampiyona kuko yemerewe. Al Hilal Omdurman na Al Ahli Wad Madani azatangirana naho iyi Saison igeze ariko Al Merriekh SC yo izatangirana na Saison 2026-2027.
Nubwo aya makipe yo muri Sudani yanditse asaba gukina Shampiyona y'u Rwanda gusa, byemejwe ko niyifuza no gukina igikombe cy'Amahoro azaba yemerewe kwitabira nkuko amakipe yose hano mu Rwanda mu byiciro byose abishaka yitabira.
Ibi byemejwe n'Umunyamabanga wa FERWAFA, Mugisha Richard, mu Kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, yemeza ko bemereye aya makipe gukina Shampiyona kuko ari byo bari basabye, gusa nibaza bakifuza gukina n'igikombe cy'Amahoro biteguye kubahereza uburenganzira.
Yagize ati " Ibyo badusaba byari ugukina igikombe cya Shampiyona y'u Rwanda ariko nibifuza gukina n'andi marushanwa twiteguye kubareka. Bashobora kuza bakatubwira ko bashaka gukina Shampiyona gusa, ariko nibifuza no gukina igikombe cy'Amahoro azaba yemerewe."
Uyu muyobozi yatangaje kandi ko aya makipe bamaze kuyemerera gukina Shampiyona y'u Rwanda nka FERWAFA ariko bategereje uruhushya rw'Impuzamashyirahamwe y'umupira w'amagaru muri Afurika, CAF, ruhereza umugsha ubusabe bw'aya makipe yakina shampiyona y'u Rwanda.
Al Merriekh, Al Hilal Omdurman na Al Ahli Wad Madani, ni ikipe zikomeye muri Afurika bijyanye n'ubushobozi afite mu bijyanye n'ubukungu. Aya makipe ashobora kujya yakirira imikino yazo kuri Sitade Amahoro ndetse FERWAFA ivuga ko yiteguye kubashakira ibibuga azajya akoreraho imyitozo.


Kinyarwanda
English
Swahili









