issa
Mohamed Salah yagaragaje ko atishimiye Liverpool FC arimo

Mohamed Salah yagaragaje ko atishimiye Liverpool FC arimo

Oct 24, 2025 - 09:49
 0

Rutahizamu w'umunya-Misiri ukina muri Liverpool FC, Mohamed Salah, yagaragaje ko atishimiye uko arimo gufatwa muri iyi kipe arimo kugeza ubu.


Rutahizamu wa Liverpool FC, Mohamed Salah amaze iminsi we n'ikipe ye batitwara neza mu mikino igiye itandukanye nubwo baheruka gutsinda Eintracht Frankfurt ibitego 5-1 mu mikino ya UEFA Champions League.

Hagati ya Mohamed Salah n'umutoza wa Liverpool FC Arne Slot, ntabwo umwuka ari mwiza nyuma yaho uyu mukinnyi ashinja umutoza kutamuha agaciro cyane cyane mu ntangiriro z'uyu mwaka w'imikino Saison 2025-2026.

Ibi byatumye Mohamed Salah atangira kugaragaza ubimenyetso ko atakishimiye Liverpool FC yagiriyemo ibihe byiza. Uyu mukinnyi ku munsi w'ejo hashize tariki 23 Ukwakira 2025, yakuye ibintu byose bya Liverpool FC ku bimuranga ku rubuga rwa X yahoze ari Twitter, ibintu byatangiye gutera impungenge cyane ku mubano we n'iyi kipe.

Imbarutso y'iyi myitwarire irimo kuntengwa cyane na benshi ya Mohamed Salah, yaturutse ku kwicazwa kwe na Arne Slot ku mukino Liverpool FC yatsinzemo Eintracht Frankfurt ibitego 5-1 mu mukino wa Gatatu wa UEFA Champions League.

Muri uyu mukino Mohamed Salah yinjiye mu kibuga ku munota wa 74, ndetse ubwo yinjiraga mu kibuga wabonaga mu maso ye ababaye ndetse arakaye cyane. Akijyamo yagiye ahusha ibitego bimwe na bimwe, akanga no guhereza bagenzi be ubona ko yari yitakarije icyizere.

Mohamed Salah kwicazwa ntabwo wavuga ko yateshejwe agaciro kuko urebye uko yatangiye shampiyona yitwara, ari hasi cyane ndetse ubona ko Sisitemi nshya ya Arne Slot ntabwo arayumva nkuko byari bimeze umwaka ushize ubwo yabaga umukinnyi watsinze ibitego byinshi.

Mohamed Salah yujuje imyaka 33, uyu mwaka w'imikino amaze gutsinda ibitego 2, yatanze n'imipira ibiri yavuyemo ibitego muri Shampiyona y'Ubwongereza. Muri UEFA Champions League afite igitego kimwe naho mu mikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi yatsindiye Misiri ibitego 9.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Mohamed Salah yagaragaje ko atishimiye Liverpool FC arimo

Oct 24, 2025 - 09:49
 0
Mohamed Salah yagaragaje ko atishimiye Liverpool FC arimo

Rutahizamu w'umunya-Misiri ukina muri Liverpool FC, Mohamed Salah, yagaragaje ko atishimiye uko arimo gufatwa muri iyi kipe arimo kugeza ubu.


Rutahizamu wa Liverpool FC, Mohamed Salah amaze iminsi we n'ikipe ye batitwara neza mu mikino igiye itandukanye nubwo baheruka gutsinda Eintracht Frankfurt ibitego 5-1 mu mikino ya UEFA Champions League.

Hagati ya Mohamed Salah n'umutoza wa Liverpool FC Arne Slot, ntabwo umwuka ari mwiza nyuma yaho uyu mukinnyi ashinja umutoza kutamuha agaciro cyane cyane mu ntangiriro z'uyu mwaka w'imikino Saison 2025-2026.

Ibi byatumye Mohamed Salah atangira kugaragaza ubimenyetso ko atakishimiye Liverpool FC yagiriyemo ibihe byiza. Uyu mukinnyi ku munsi w'ejo hashize tariki 23 Ukwakira 2025, yakuye ibintu byose bya Liverpool FC ku bimuranga ku rubuga rwa X yahoze ari Twitter, ibintu byatangiye gutera impungenge cyane ku mubano we n'iyi kipe.

Imbarutso y'iyi myitwarire irimo kuntengwa cyane na benshi ya Mohamed Salah, yaturutse ku kwicazwa kwe na Arne Slot ku mukino Liverpool FC yatsinzemo Eintracht Frankfurt ibitego 5-1 mu mukino wa Gatatu wa UEFA Champions League.

Muri uyu mukino Mohamed Salah yinjiye mu kibuga ku munota wa 74, ndetse ubwo yinjiraga mu kibuga wabonaga mu maso ye ababaye ndetse arakaye cyane. Akijyamo yagiye ahusha ibitego bimwe na bimwe, akanga no guhereza bagenzi be ubona ko yari yitakarije icyizere.

Mohamed Salah kwicazwa ntabwo wavuga ko yateshejwe agaciro kuko urebye uko yatangiye shampiyona yitwara, ari hasi cyane ndetse ubona ko Sisitemi nshya ya Arne Slot ntabwo arayumva nkuko byari bimeze umwaka ushize ubwo yabaga umukinnyi watsinze ibitego byinshi.

Mohamed Salah yujuje imyaka 33, uyu mwaka w'imikino amaze gutsinda ibitego 2, yatanze n'imipira ibiri yavuyemo ibitego muri Shampiyona y'Ubwongereza. Muri UEFA Champions League afite igitego kimwe naho mu mikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi yatsindiye Misiri ibitego 9.