issa
Amagaju FC yabangamiwe n’icyemezo cyafashwe na Rwanda Premier League

Amagaju FC yabangamiwe n’icyemezo cyafashwe na Rwanda Premier League

May 19, 2025 - 12:59
 0

Amagaju FC yandikiye Rwanda Premier League igaragaza ko yabangamiwe n’icyemezo cyayifatiwe.


Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 19 Gicurasi 2025, nibwo habyutse amakuru avuga ko Amagaju FC yandikiye Rwanda Premier League ifite mu nshingano gutegura shampiyona, igaragaza ko icyemezo cyo kwegeza umukino imbere ugomba kubahuza na Kiyovu Sports, kibabangamiye.

Ni icyemezo cyafashwe ndetse kimenyeshwa iyi kipe mu minsi ishize, bamenyeshwa ko uyu mukino wabo uraba kuri uyu wa kabiri tariki 20 Gicurasi 2025 mu gihe wagombaga kuba tariki 21 Gicurasi 2025.

Mu ibaruwa Amagaju FC yanditse ivuga ko iki cyemezo cyafashwe na Rwanda Premier League, kibabangamiye ndetse ko kibera amwe mu makipe arwana no kutampanuka.

Amagaju FC kugeza ubu nayo iri mu makipe ishobora gukora ikosa akisanga yampanutse mu cyiciro cya kabiri. Iyi kipe iri ku mwanya wa 15 n’amanota 30.

 

 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Amagaju FC yabangamiwe n’icyemezo cyafashwe na Rwanda Premier League

May 19, 2025 - 12:59
May 19, 2025 - 12:59
 0
Amagaju FC yabangamiwe n’icyemezo cyafashwe na Rwanda Premier League

Amagaju FC yandikiye Rwanda Premier League igaragaza ko yabangamiwe n’icyemezo cyayifatiwe.


Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 19 Gicurasi 2025, nibwo habyutse amakuru avuga ko Amagaju FC yandikiye Rwanda Premier League ifite mu nshingano gutegura shampiyona, igaragaza ko icyemezo cyo kwegeza umukino imbere ugomba kubahuza na Kiyovu Sports, kibabangamiye.

Ni icyemezo cyafashwe ndetse kimenyeshwa iyi kipe mu minsi ishize, bamenyeshwa ko uyu mukino wabo uraba kuri uyu wa kabiri tariki 20 Gicurasi 2025 mu gihe wagombaga kuba tariki 21 Gicurasi 2025.

Mu ibaruwa Amagaju FC yanditse ivuga ko iki cyemezo cyafashwe na Rwanda Premier League, kibabangamiye ndetse ko kibera amwe mu makipe arwana no kutampanuka.

Amagaju FC kugeza ubu nayo iri mu makipe ishobora gukora ikosa akisanga yampanutse mu cyiciro cya kabiri. Iyi kipe iri ku mwanya wa 15 n’amanota 30.