issa
Amagaju FC yaba yafatiranye kare kugirango yice imipangu y'abari gufasha Muhazi United?

Amagaju FC yaba yafatiranye kare kugirango yice imipangu y'abari gufasha Muhazi United?

May 27, 2025 - 10:03
 0

Ikipe yo mu karere ka Nyamagabe, Amagaju FC, yasabiye mpaga Muhazi United bazahura ku mukino usoza shampiyona.


Ku munsi wejo hashize tariki 26 Gicurasi 2025, Amagaju FC yanditse ibaruwa ifunguye isaba FERWAFA ko yatera mpaga Muhazi United yakinishije umukinnyi witwa Murangamirwa Serge, bivugwa ko yari afite amakarita 3 y'umuhondo.

Muri iyi baruwa, Amagaju FC asaba ko umukino wayo na Muhazi United wasubikwa hagasuzumwa iki kirego ariko FERWAFA yahise yanga kuwusubika ariko yemera ko igiye gusuzuma niba uyu mukinnyi Koko yarakinishijwe afite aya makarita.

Ni iyihe ifite amahirwe menshi muri uyu mukino?

Ikipe ya Amagaju FC kugeza ubu iri ku mwanya wa 14 n'amanota 33 naho ikipe ya Muhazi United iri ku mwanya wa 15 n'amanota 30.

Aya makipe yombi azahura, iyo urebye ku rutonde rw'agateganyo rwa shampiyona ubona ko izabasha gutsinda indi izaba ifite amahirwe yo kuguma mu cyiciro cya mbere, indi ikamanukana na Vision FC.

Ikipe ya Amagaju FC niyo iri imbere cyane ku kugira amahirwe menshi yo ku guma mu cyiciro cya mbere bijyanye ni uko isabwa ku nganya gusa ndetse ifite n'amahirwe ko uyu mukino uzabera kuri sitade isanzwe ikiniraho, i Huye. 

Nyuma yo kubona ko ibintu byageze aho bikomeye, Amagaju FC yanatumijeho igitaraganya rutahizamu wayo, Useni Kiza Selphin, wari umaze iminsi mu igeragezwa ku mugabane w'i Burayi.

Ikipe ya Amagaju FC yaba irimo gutinya iki kandi ifite amahirwe?

Tariki 17 Gicurasi 2025, ikipe ya Muhazi United yakinnye umukino w'umunsi wa 29 wa shampiyona y'u Rwanda n'ikipe ya APR FC, urangira itsinzwe igitego 1-0.

Mbere y'uyu mukino, Muhazi United yagaragaje ko yakaniye cyane uyu mukino bigeze ku wa Gatanu tariki 16 Gicurasi 2025, haje gusohoka amakuru avuga ko hari abakinnyi batari bukine uyu mukino ndetse biza kugenda gutyo abarimo Kapiteni wayo Joseph Sacki ntibakina uyu mukino.

UKWELITIMES twaje kugira amatsiko yo kumenya impamvu uku gukanira bihindutse habura amasaha macye kugirango umukino ube.

Twagerageje kuganiriza umwe mu bari bitabiriye umwiherero wa nyuma wa Muhazi United, atubwira ko aba bakinnyi batari buze gukina kuko umukino urabahuza na APR FC, baworoheje cyane ahubwo akazi kose kakazakorwa ku munsi wa nyuma imbere ya Amagaju FC.

Uyu muntu yaje kubwira UKWELITIMES ko kuri uwo mukino wa nyuma bamenyeshejwe ko hari imbaraga ziturutse hirya no hino zigomba kubafasha kwitwara neza imbere ya Amagaju FC bakaguma mu cyiciro cya mbere.

Amagaju FC yamenye ko hari abashyigikiye Muhazi United batifuza ko yo yaguma mu cyiciro cya mbere ndetse bituma itangira gushaka nayo ubundi buryo bwo kwikura imbere ya Muhazi United mbere y'umukino.

Amagaju FC yaje kubona ikosa ryakozwe na Muhazi United bisa nk'ibitazahabwa agaciro cyane kuko birasanzwe ko FERWAFA uyiha ikirego ikaba yakirengagiza mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Amakuru ahari kugeza ubu avuga ko Amagaju FC hari abashaka ko impanuka mu cyiciro cya Kabiri ku mpamvu zimwe abanyamupira bakurikira shampiyona y'u Rwanda basanzwe bazi.

Uyu mukino ugomba guhuza Amagaju FC na Muhazi United biteganyijwe ko uraba kuri uyu wa gatatu tariki 28 Gicurasi 2025, ubere kuri sitade mpuzamahanga ya Huye aho Amagaju FC isanzwe yakirira.

Ibaruwa yanditswe na Amagaju FC 

Ibaruwa yanditswe na FERWAFA isubiza Amagaju FC 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Amagaju FC yaba yafatiranye kare kugirango yice imipangu y'abari gufasha Muhazi United?

May 27, 2025 - 10:03
 0
Amagaju FC yaba yafatiranye kare kugirango yice imipangu y'abari gufasha Muhazi United?

Ikipe yo mu karere ka Nyamagabe, Amagaju FC, yasabiye mpaga Muhazi United bazahura ku mukino usoza shampiyona.


Ku munsi wejo hashize tariki 26 Gicurasi 2025, Amagaju FC yanditse ibaruwa ifunguye isaba FERWAFA ko yatera mpaga Muhazi United yakinishije umukinnyi witwa Murangamirwa Serge, bivugwa ko yari afite amakarita 3 y'umuhondo.

Muri iyi baruwa, Amagaju FC asaba ko umukino wayo na Muhazi United wasubikwa hagasuzumwa iki kirego ariko FERWAFA yahise yanga kuwusubika ariko yemera ko igiye gusuzuma niba uyu mukinnyi Koko yarakinishijwe afite aya makarita.

Ni iyihe ifite amahirwe menshi muri uyu mukino?

Ikipe ya Amagaju FC kugeza ubu iri ku mwanya wa 14 n'amanota 33 naho ikipe ya Muhazi United iri ku mwanya wa 15 n'amanota 30.

Aya makipe yombi azahura, iyo urebye ku rutonde rw'agateganyo rwa shampiyona ubona ko izabasha gutsinda indi izaba ifite amahirwe yo kuguma mu cyiciro cya mbere, indi ikamanukana na Vision FC.

Ikipe ya Amagaju FC niyo iri imbere cyane ku kugira amahirwe menshi yo ku guma mu cyiciro cya mbere bijyanye ni uko isabwa ku nganya gusa ndetse ifite n'amahirwe ko uyu mukino uzabera kuri sitade isanzwe ikiniraho, i Huye. 

Nyuma yo kubona ko ibintu byageze aho bikomeye, Amagaju FC yanatumijeho igitaraganya rutahizamu wayo, Useni Kiza Selphin, wari umaze iminsi mu igeragezwa ku mugabane w'i Burayi.

Ikipe ya Amagaju FC yaba irimo gutinya iki kandi ifite amahirwe?

Tariki 17 Gicurasi 2025, ikipe ya Muhazi United yakinnye umukino w'umunsi wa 29 wa shampiyona y'u Rwanda n'ikipe ya APR FC, urangira itsinzwe igitego 1-0.

Mbere y'uyu mukino, Muhazi United yagaragaje ko yakaniye cyane uyu mukino bigeze ku wa Gatanu tariki 16 Gicurasi 2025, haje gusohoka amakuru avuga ko hari abakinnyi batari bukine uyu mukino ndetse biza kugenda gutyo abarimo Kapiteni wayo Joseph Sacki ntibakina uyu mukino.

UKWELITIMES twaje kugira amatsiko yo kumenya impamvu uku gukanira bihindutse habura amasaha macye kugirango umukino ube.

Twagerageje kuganiriza umwe mu bari bitabiriye umwiherero wa nyuma wa Muhazi United, atubwira ko aba bakinnyi batari buze gukina kuko umukino urabahuza na APR FC, baworoheje cyane ahubwo akazi kose kakazakorwa ku munsi wa nyuma imbere ya Amagaju FC.

Uyu muntu yaje kubwira UKWELITIMES ko kuri uwo mukino wa nyuma bamenyeshejwe ko hari imbaraga ziturutse hirya no hino zigomba kubafasha kwitwara neza imbere ya Amagaju FC bakaguma mu cyiciro cya mbere.

Amagaju FC yamenye ko hari abashyigikiye Muhazi United batifuza ko yo yaguma mu cyiciro cya mbere ndetse bituma itangira gushaka nayo ubundi buryo bwo kwikura imbere ya Muhazi United mbere y'umukino.

Amagaju FC yaje kubona ikosa ryakozwe na Muhazi United bisa nk'ibitazahabwa agaciro cyane kuko birasanzwe ko FERWAFA uyiha ikirego ikaba yakirengagiza mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Amakuru ahari kugeza ubu avuga ko Amagaju FC hari abashaka ko impanuka mu cyiciro cya Kabiri ku mpamvu zimwe abanyamupira bakurikira shampiyona y'u Rwanda basanzwe bazi.

Uyu mukino ugomba guhuza Amagaju FC na Muhazi United biteganyijwe ko uraba kuri uyu wa gatatu tariki 28 Gicurasi 2025, ubere kuri sitade mpuzamahanga ya Huye aho Amagaju FC isanzwe yakirira.

Ibaruwa yanditswe na Amagaju FC 

Ibaruwa yanditswe na FERWAFA isubiza Amagaju FC