issa
Ibyihariye ku bakinnyi bari i Kigali muri BAL

Ibyihariye ku bakinnyi bari i Kigali muri BAL

May 21, 2025 - 11:13
 0

Kuva ku wa 17 kugeza ku wa 25 Gicurasi 2025, i Kigali muri BK Arena hari kubera imikino yo mu itsinda rya 'Nile Conference' muri BAL 2025 iri gukina ku nshuro ya Gatanu.


Ubaye uri gukurikirana iyi mikino, amazina nka Jean Jacques Boissy, Aliou Diarra, Chasson Randle na Obadiah Noel, ni amwe mu yo uri kumva cyane muri iyi mikino iri gutigisa abanya-Kigali.

Guhera kuri Boissy uri gukinira  Al Ahli Tripoli, uri kwirahirwa n'abafana kubera ubuhanga bwe budasanzwe mu gutsinda amanota umusubirizo ndetse no kurinda abo bahanganye ko bagira ayo binjiza. BAL yongeye gushyushya Kigali mu nguni zose. 

Uretse Boissy waraye anababaje abakunzi ba APR BBC, mu mukino yatsinzwemo na Al Ahli Tripoli, Aliou Diarra ukinira APR BBC, wafatwaga nk'umukinnyi mwiza mu ntangiriro z'irushanwa na we n'undi uri kugarukwaho cyane nyuma y'imvune yagize kandi yari inkingi ya mwamba mu ikipe y'ingabo z'igihugu.

Umunya-Senegal Jean Jacques Boissy uri gukinira Al Ahli Tripoli ni umwe mu bakinnyi bari kugarukwaho cyane 

Nyuma y'aba bakinnyi bakomeje kugarukwaho cyane, reka turebere hamwe ibindi byihariye ku bakinnyi bamwe bari muri iyi mikino.

Umukinnyi mukuru kuruta abandi muri iyi mikino yo mu itsinda rya 'Nile Conference' ni Neo Kgalabi Mothiba, Umunyafurika y'Epfo ukinira MBB (Made by Basketball), afite imyaka 43. Umukinnyi muto muri iyi mikino ni Emmanuel Onoja, Umunya-Nigeria ukinira Al Ahli Tripoli, afite imyaka 16.

Umukinnyi muremure muri iyi mikino ndetse no mu mateka ya BAL, ni Umunyafurika y'Epfo witwa David Craig w'imyaka 21 ukinira MBB, afite uburebure bwa metero 2,18.

Jean Jacques Boissy usanzwe ari umukinnyi wa REG BBC gusa kuri ubu uri gukinira Al Ahli Tripoli muri iyi mikino, ni we mukinnyi rukumbi wakinnye umukino wa nyuma wa BAL, mu 2023 ubwo yari muri AS Douanes.

David Craig ni we mukinnyi muremure wabayeho mu mateka ya BAL

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: anselmetuyizere07@gmail.com

Ibyihariye ku bakinnyi bari i Kigali muri BAL

May 21, 2025 - 11:13
May 21, 2025 - 15:16
 0
Ibyihariye ku bakinnyi bari i Kigali muri BAL

Kuva ku wa 17 kugeza ku wa 25 Gicurasi 2025, i Kigali muri BK Arena hari kubera imikino yo mu itsinda rya 'Nile Conference' muri BAL 2025 iri gukina ku nshuro ya Gatanu.


Ubaye uri gukurikirana iyi mikino, amazina nka Jean Jacques Boissy, Aliou Diarra, Chasson Randle na Obadiah Noel, ni amwe mu yo uri kumva cyane muri iyi mikino iri gutigisa abanya-Kigali.

Guhera kuri Boissy uri gukinira  Al Ahli Tripoli, uri kwirahirwa n'abafana kubera ubuhanga bwe budasanzwe mu gutsinda amanota umusubirizo ndetse no kurinda abo bahanganye ko bagira ayo binjiza. BAL yongeye gushyushya Kigali mu nguni zose. 

Uretse Boissy waraye anababaje abakunzi ba APR BBC, mu mukino yatsinzwemo na Al Ahli Tripoli, Aliou Diarra ukinira APR BBC, wafatwaga nk'umukinnyi mwiza mu ntangiriro z'irushanwa na we n'undi uri kugarukwaho cyane nyuma y'imvune yagize kandi yari inkingi ya mwamba mu ikipe y'ingabo z'igihugu.

Umunya-Senegal Jean Jacques Boissy uri gukinira Al Ahli Tripoli ni umwe mu bakinnyi bari kugarukwaho cyane 

Nyuma y'aba bakinnyi bakomeje kugarukwaho cyane, reka turebere hamwe ibindi byihariye ku bakinnyi bamwe bari muri iyi mikino.

Umukinnyi mukuru kuruta abandi muri iyi mikino yo mu itsinda rya 'Nile Conference' ni Neo Kgalabi Mothiba, Umunyafurika y'Epfo ukinira MBB (Made by Basketball), afite imyaka 43. Umukinnyi muto muri iyi mikino ni Emmanuel Onoja, Umunya-Nigeria ukinira Al Ahli Tripoli, afite imyaka 16.

Umukinnyi muremure muri iyi mikino ndetse no mu mateka ya BAL, ni Umunyafurika y'Epfo witwa David Craig w'imyaka 21 ukinira MBB, afite uburebure bwa metero 2,18.

Jean Jacques Boissy usanzwe ari umukinnyi wa REG BBC gusa kuri ubu uri gukinira Al Ahli Tripoli muri iyi mikino, ni we mukinnyi rukumbi wakinnye umukino wa nyuma wa BAL, mu 2023 ubwo yari muri AS Douanes.

David Craig ni we mukinnyi muremure wabayeho mu mateka ya BAL