Abatoza 2 hano mu Rwanda bashimiwe rimwe nyuma y’umusaruro nkene
Mashami Vincent yashimiwe kubera umusaruwo udahagije yari yafite ariko Kandi na Habimana Sosthene nawe biravugwa ko yashimiwe.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 9 Kamena 2025, nibwo hagiye hanze amakuru yuko abatoza 2 barimo Mashami Vincent na Habimana Sositen, batazakomezanya n’amakipe batozaga.
Ikipe ya Musanze FC biravugwa ko itazakomezanya na Habimana Sosthene wari uyimazemo imyaka 2, ariko kandi na Police FC yashimiye umutoza Mashami Vincent wari usoje amasezerano.
Amakuru ahari avuga ko ikipe ya Musanze FC, yatandukanye na Sosthene kubera ko ibyo bari bumvikanye atigeze abigeraho. Bivuwaga ko uyu mutoza yagombaga gufasha Musanze FC nibura ikaza mu myanya 5 ya mbere ariko siko byagenze kuko yasoje iri ku mwanya wa 13.
Ku rundi ruhande, ikipe ya Police FC yatandukanye na Mashami Vincent nyuma yo kutitwara neza mu myaka 3 uyu mutoza amaze ayitoza.
Ikipe ya Police FC ntabwo yatandukanye na Mashami Vincent gusa, yajyanye n’abakinnyi 4 barimo Kwitonda Ally, Bigirimana Abbedy, Chukuma Odille ndetse na Clovis wari umuzamu wa 3.
Mu butumwa Mashami Vincent yanyujije ku rukuta rwe X, yatangaje ko ashimira ubuyobozi, abakinnyi ndetse n’ikipe muri rusange ku byo bagezeho ariko kandi anayifuriza ibyiza.
Yagize ati “ Reka nshimire ubuyobozi bw’ikipe, abatoza n’abakinnyi bose ku muhate no gukora cyane bagaragaje. Mwarakoze ku byo twagezeho turi kumwe. Ndifuriza ikipe n’abakunzi bayo ibyiza. Tubonane vuba.”
Habimana Sosithene yatandukanye na Musanze FC
Mashami Vincent yatandukanye na Police FC


Kinyarwanda
English
Swahili









