Abasenateri basanze amavuriro y'ibanze 'Post de Santé zifite ibibazo byinshi
Amwe mu mavuriro y’ibanze azwi nka Post de Sante afite ibibazo byinshi bisaba ko Minisitiri w’Intebe atumizwa ngo atange ibisobanuro by’uburyo bizacyemukamo nk'uko byagarutsweho n'inteko y'abasenateri iherutse guterana.
Bimwe mu bibazo byagaragaye mu ngendo Abasenateri bakoze, harimo utugari tudafite amavuriro y’ibanze, kandi tutubatsemo ikigo nderabuzima, ibitaro cyangwa ivuriro ryigenga.
Ikindi kibazo n’uko abaforomo batemera kujya gukorera mu mavuriro y’ibanze, ari mu mirenge y’icyaro.
Ibi bibazo byose rero, byatumye mu Nteko rusange ya Sena yateranye tariki 25 Werurwe 2025, hafatirwamo umwanzuro wo gutumizaho Minisitiri w’Intebe ngo ashyireho umucyo w’uko byakemuka.
Gusa ku rundi ruhande, n’ubwo hari ibibazo byagaragaye muri aya mavuriro, hari n’ibyo yakemuye mu nzego z’ibanze, birimo gufasha kugabanya impfu z’ababyeyi bapfa bayara, kuko bavuye kuri 203 ku bagore ibihumbi 100 mu 2020, bagera ku 105 mu 2024, n’ibindi bitandukanye.


Kinyarwanda
English
Swahili









