Abantu 78 bapfuye abandi 41 baburirwa irengero mu mwuzure
Abantu nibura 78 bamaze gupfa naho 41 baracyaburiwe irengero nyuma y’uko imyuzure yihuse iguye mu majyepfo ya Leta ya Texas ku wa Gatanu. Iyo myuzure yatewe n’uko Umugezi wa Guadalupe wazamutse metero 8 mu gihe kitarenze iminota 45 mbere y’uko izuba rirasa. Abantu benshi bari bagisinziriye ubwo amazi yinjiraga mu ngo zabo.
Aho abantu benshi bahitanywe n’iyo myuzure ni mu Karere ka Kerr, aho abantu 68 bapfiriye. Muri bo harimo abana 28 bari barimo gukorera ibiruhuko by’iyobokamana mu kigo cyitwa Camp Mystic, ahantu hicaye ku nkengero z’uwo mugezi.
Abakobwa 10 n’umujyanama umwe wo muri icyo kigo baracyaburiwe irengero.
Guverineri wa Texas, Greg Abbott, yasuye aho byabereye maze asobanura ibyo yabonye nk’ishyano rikomeye. Yasezeranyije ko ubuyobozi “buzakora ibishoboka byose” kugira ngo abarimo gushakishwa baboneke.
Abashinzwe ubutabazi bahanganye n’imbogamizi nyinshi. Iyo myuzure yasize ibyondo byinshi n’ibintu byangiritse bikomeye bitatuma bashobora kugenda neza, ndetse n’inzoka z’ubumara zagiye zituma ubutabazi burushaho kuba bubi. Bitewe n’uko imvura ikomeje guteganyirizwa mu minsi ibiri iri imbere, abayobozi bafite impungenge ko umubare w’abapfuye ushobora kwiyongera.
Nyuma y’iminsi itatu iyo myuzure ibaye, ibikorwa byo gushakisha no gutabara birimo kugenda bihinduka ibyo gushakisha imibiri no kwemeza abapfuye. Mu Karere ka Kerr, abantu bakuru 18 n’abana 10 ntibaramenyekana neza.
Ku cyumweru, Perezida Donald Trump yatangaje ko mu Karere ka Kerr habaye ibyago bikomeye, bikaba bituma ubufasha bwihuse buva ku rwego rwa leta bukagera muri Texas. Yavuze ko ashobora gusura iyo leta ku wa Gatanu. Ati “Ni ibintu biteye ubwoba cyane byabaye, rwose ni agahomamunwa,”
I Roma, Papa Leo wa XIV yasengeye by’umwihariko abahuye n’ibyo byago. Yagize ati “Ndifuza gutanga ubutumwa bw’akababaro kenshi ku miryango yose yabuze abayo, by’umwihariko ababyeyi babuze abakobwa babo bari mu nkambi y’impeshyi."
Hirya no hino muri Texas, abaturage barimo gukusanya ibiribwa, gutanga aho abandi bacumbika no gufasha abaturanyi babo batakaje amazu yabo.


Kinyarwanda
English
Swahili









