Prophete Joshua yateye inkunga abakobwa babyaye imburagihe
Mu rwego rwo gushyigikira abakobwa babyaye bataruzuza imyaka y’ubukure mu rugendo rwo kwigira no kwihesha agaciro, Prophete Joshua yatanze inkunga ingana na miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda (3,000,000 Frw), igenewe GAAFAADE Youth Empowerment Centre, ikigo cyashyizweho n’umuryango Necessary Generation uyobowe na Nduwimana Jean Paul uzwi ku izina rya NOOPJA.
Iyi nkunga y’amafaranga yashyikirijwe ubuyobozi bwa Centre, aho izakoreshwa mu kugura
ibikoresho by’ingenzi abakobwa batozwa umwuga w’ubudozi bakenera buri munsi, ndetse no
Muri aya mahugurwa harimo:Ubudozi n’ibindi bikorwa by’ubukorikori, Ubuzima bw’imyororokere,Ikoranabuhanga (ICT),Kwigishwa uburyo bwo guhangana n’ibibazo bikomeye umuntu anyuramo mu buzima.
Prophete Joshua yatangaje ko azakomeza gutanga ubufasha buri kwezi, kuko asanze ibyo aba bakobwa bakeneye ari byinshi kandi bikomeye, bikaba bisaba ubufatanye bw’abantu bose bafite umutima w’impuhwe.


Kinyarwanda
English
Swahili









