issa
Abasaga 23000 bagejejwe mu magororero

Abasaga 23000 bagejejwe mu magororero

Dec 8, 2025 - 12:29
 0

Komiseri mukuru w’Urwego rw’igihugu rw’igorora CG Evariste Murenzi yavuze ko kuva muri Mutarama 2025 kugeza mu Ukuboza 2025 abantu 23000 bakiriwe mu magororero yo hirya no hino mu Rwanda. Iyo mibare irimo abanyamahanga 500. 


Mu kiganiro n'itangazamakuru cyo ku wa 08 Ukuboza 2025 cyabereye ku Rukiko rw'Ikirenga,Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga Donatilla Mukantaganzwa yavuze ko Ubuhuza bukorwa kuva ku bafitanye ibibazo, mu Bugenzacyaha, mu Bushinjacyaha mu nkiko no mu magororero. Ubuhuza ku manza z'ubutane yavuze ko'Turagerageza'. 

Kuva muri Mutarama twakiriye abarenga 23000 muri gereza zo hirya no hino mu Rwanda. Ibyaha abanyamahanga bakurikiranwaho cyane ni ugukubita no gukomeretsa n'inyandiko mpimbano.

Yasobanuye ko kera inkiko zageragezaga kubunga,baza gusanga biba bibi kurusha kwihutisha imanza.

Yavuze ko abafite ababyeyi aribo bakora n'inshuti ku bazifite. Kuri iyi ngingo rero yavuze ko Ubuhuza kuri izi manza bugoye kuko abantu biyemeza gutandukana biba bigoye kubunga.

Ibyaha by'ubugome ntabwo bigira ubuhuza. Yavuze ko ibyo byaha biba byarakorewe umuryango nyarwanda muri rusange kandi ko ibyaha bihabwa ibihano birengeje imyaka itanu (5) ntabwo habaho ubuhuza.

Umuyobozi mukuru wa RIB Coloneli (Rtd) Pacifique Kayigamba Kabanda yavuze ko kuva muri Mutarama kugeza mu Ukuboza 2025 dosiye 2800 zakemutse biciye mu Ubuhuza.Yanavuze ko abantu bakwiriye kumva ko RIB idashyira imbere gufunga. 

Hari abibaza ikigenderrwaho kugirango umuntu akurikiranwa afunzwe cyangwa se akurikiranwe ari hanze.

 Yavuze ko ukurikiranwa ari uwatoroka iperereza, ukurikiranyweho ibyaha by'ubugome n'udafite aho atuye hazwi.

Abadafite abunganizi Leta yabageneye ababafasha ku buntu

Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga yasobanuye ko Leta y'u Rwanda yateganyije abanyamategeko bunganira buri wese udafite amikoro mu rwego rwo gutanga ubutabera buboneye kandi bwihuse.

Avuga ku bijyanye n'ibirarane by'imanza, Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga Donatilla Mukantaganzwa yavuze ko imanza zirengeje amezi atandatu ziba zabaye ibirarane.

Ku rundi ruhande ariko n'abanyamahanga hari abakora ibyaha bagafungwa.

Kuva muri Mutarama 2025 kugeza mu Ukuboza RIB yirukanye abagenzacyaha 6 bazira icyaha cya ruswa. 

Abasaga 23000 bagejejwe mu magororero

Dec 8, 2025 - 12:29
Dec 8, 2025 - 19:39
 0
Abasaga 23000 bagejejwe mu magororero

Komiseri mukuru w’Urwego rw’igihugu rw’igorora CG Evariste Murenzi yavuze ko kuva muri Mutarama 2025 kugeza mu Ukuboza 2025 abantu 23000 bakiriwe mu magororero yo hirya no hino mu Rwanda. Iyo mibare irimo abanyamahanga 500. 


Mu kiganiro n'itangazamakuru cyo ku wa 08 Ukuboza 2025 cyabereye ku Rukiko rw'Ikirenga,Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga Donatilla Mukantaganzwa yavuze ko Ubuhuza bukorwa kuva ku bafitanye ibibazo, mu Bugenzacyaha, mu Bushinjacyaha mu nkiko no mu magororero. Ubuhuza ku manza z'ubutane yavuze ko'Turagerageza'. 

Kuva muri Mutarama twakiriye abarenga 23000 muri gereza zo hirya no hino mu Rwanda. Ibyaha abanyamahanga bakurikiranwaho cyane ni ugukubita no gukomeretsa n'inyandiko mpimbano.

Yasobanuye ko kera inkiko zageragezaga kubunga,baza gusanga biba bibi kurusha kwihutisha imanza.

Yavuze ko abafite ababyeyi aribo bakora n'inshuti ku bazifite. Kuri iyi ngingo rero yavuze ko Ubuhuza kuri izi manza bugoye kuko abantu biyemeza gutandukana biba bigoye kubunga.

Ibyaha by'ubugome ntabwo bigira ubuhuza. Yavuze ko ibyo byaha biba byarakorewe umuryango nyarwanda muri rusange kandi ko ibyaha bihabwa ibihano birengeje imyaka itanu (5) ntabwo habaho ubuhuza.

Umuyobozi mukuru wa RIB Coloneli (Rtd) Pacifique Kayigamba Kabanda yavuze ko kuva muri Mutarama kugeza mu Ukuboza 2025 dosiye 2800 zakemutse biciye mu Ubuhuza.Yanavuze ko abantu bakwiriye kumva ko RIB idashyira imbere gufunga. 

Hari abibaza ikigenderrwaho kugirango umuntu akurikiranwa afunzwe cyangwa se akurikiranwe ari hanze.

 Yavuze ko ukurikiranwa ari uwatoroka iperereza, ukurikiranyweho ibyaha by'ubugome n'udafite aho atuye hazwi.

Abadafite abunganizi Leta yabageneye ababafasha ku buntu

Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga yasobanuye ko Leta y'u Rwanda yateganyije abanyamategeko bunganira buri wese udafite amikoro mu rwego rwo gutanga ubutabera buboneye kandi bwihuse.

Avuga ku bijyanye n'ibirarane by'imanza, Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga Donatilla Mukantaganzwa yavuze ko imanza zirengeje amezi atandatu ziba zabaye ibirarane.

Ku rundi ruhande ariko n'abanyamahanga hari abakora ibyaha bagafungwa.

Kuva muri Mutarama 2025 kugeza mu Ukuboza RIB yirukanye abagenzacyaha 6 bazira icyaha cya ruswa.