Chris Brown yagejejwe mu rukiko ahakana ibyaha aregwa
Umuhanzi Chris Brown yagejejwe imbere y’urukiko rwa Southwark mu Bwongereza, ahakana icyaha cyo gukubita no gukomeretsa akurikiranyweho
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 20 kamena 2025 nibwo uyumuhanzi w'umunyamerika yagejejwe imbere y'urukiko rwo mubwongereza
Chris Brown yatawe muri yombi na polisi yo mu Bwongereza nyuma y’ikirego cyatanzwe na Abraham Diaw, utunganya indirimbo wamushinje kumukubitira icupa mu kabarii muri Gahyantare 2023 ariko akaza kurekurwa atanze ingwate ya miliyoni 6.7z’amadolari y'amerika
Urubanza ruzatangira kuburanishwa mu mizi ku itariki ya 26 ukwakira 2026


Kinyarwanda
English
Swahili









