Ingabire Victoire agiye gutangira gukorwaho iperereza ku mugambi wo guhirika ubutegetsi
Urukiko Rukuru rwa Kigali rwategetse ko umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza washinze ishyaka DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, akorwaho iperereza ku byaha bifitanye isano n’umugambi wo gukuraho ubutegetsi.
Iki cyemezo cyafashwe kuri uyu wa 19
Kamena 2025 nyuma y’aho urukiko rutanyuzwe n’ibisobanuro Ingabire Victoire yatanze ku ruhare avugwaho mu mahugurwa yahawe abahoze ari abanyamuryango ba DALFA-Umurinzi.
Ubushinjacyaha bwasobanuye ko aya mahugurwa yari ajyanye no guhirika ubutegetsi binyuze mu bukangurambaga bwo kubwangisha abaturage.
Ingabire yari yabwiye Urukiko ko abaregwa muri urwo rubanza bahoze ari abayoboke b’ishyaka DALFA-Umurinzi uretse Umunyamakuru Nsengimana Théoneste washinze umuyoboro wa Umubavu.
Yavuze ariko ko amahugurwa baregwa gukoreramo ibyo byaha atari yateguwe na DALFA-Umurinzi ndetse ko we atari ayazi.
Nyuma yo kumva ibisobanuro byatanzwe na Ingabire Victoire mu gitondo, Urukiko rwasuzumye ibibazo birimo kumenya niba ibisobanuro yatanze byatuma akekwaho ibyaha cyangwa se ntakekwe.
Urukiko rwasanze ibisobanuro Ingabire Victoire yatanze bidahagije kandi muri dosiye y’uru rubanza harimo ibimenyetso bimushinja.
Urukiko rwasanze ari ngombwa ko Ubushinjacyaha bukora iperereza ryimbitse kuri Ingabire kugira ngo ashyikirizwe Urukiko.
Nk’uko urukiko rwabisabye, iri perereza rizakorwa mu byumweru bibiri, nirirangire Ingabire ashyikirizwe urukiko.
Iburanisha ry’uru rubanza rizasubukurwa ku wa 7 Nyakanga 2025.


Kinyarwanda
English
Swahili









