Ubwongereza: Umunyamakuru David avuga ko abacungagereza b'abagore badakwiye gukorera muri gereza z'abagabo
Umunyamakuru ukora inkuru z'Ubutabera mu Bwongereza, avuga ko kubera ubusambanyi buvugwa hagati mu bacungagereza b'abagore n'abagabo bafunzwe, bidakwiye ko abagore bakomeza gukorera umwuga w'ubucungareza muri Gereza zifungiwemo abagabo.
Umwongerezakazi ufite imyaka 23 ni umwe mu bagore bavuzweho gusambana n'imfungwa mu mpera z'umwaka ushize ndetse mu cyumweru gishize yagarutsweho ubwo yagezwaga imbere y'urukiko akemera ko yakundanaga n'imfungwa. Ubwo yisobanuraga ku byaha yashinjwaga birimo no gukorana imibonano mpuzabitsina n'imfungwa zari zifungiwe muri gereza ya Cordingley iri ahitwa Surrey hafi y'umujyi wa London ndetse mu byo yari akurikiranyweho harimo gushaka kwinjiza ibiyobyabwenge muri iyo gereza yakoreragamo.
Umucamanza wakiriye dosiye y'uwo mwongerezakazi witwa Isabelle Dale, avuga ko uwo mukobwa yemeye ko akunda urukundo rutari urumamo imfungwa yitwa Shahid Sharif n'iyitwa Connor money.
Uwo mukobwa bivugwa ko nubwo yakundanye n'izo mfungwa Ebyiri ariko yari yarumvikanye n'umwe muri bo wahamwe n'icyaha cy'ubujura yitwa Sharif Shahid. Umubano wabo udasanzwe wanatumye bacura umugambi wo kwinjiza muri gereza ikiyobyabwenge cya Spice gikorwa mu rumogi.
Sharif yabwiye umucamanza ko ibiyobyabwenge bya spice umukunzi we yamuzaniraga muri gereza, byagombaga kunguka 3000$ buri cyumweru ariko umucamanza yagaragaje ko ibyo ari amakabyankuru ntawakinjiza ayo mafaranga mu cyumweru kimwe ayakuye mu biyobyabwenge byinjizwaga muri za gereza.
Ahereye ku nkuru ya Isabelle Dale , umunyamakuru witwa David Shipley umwanditsi mu kinyamakuru Telegraph uzwiho gukora inkuru zijyanye n'Ubutabera mu nkuru ye, avuga ko Isabelle atari we wa mbere ukoze ayo mahano mu bagore b'abacungagereza, kubwe asanga abacungagereza b'igitsina gore badakwiye gukorera muri gereza zifungiwemo abagabo ashingiye no ku zindi ngero z'abagore b'abacungagereza, bagiye bagaragarwaho no gukundana n'imfungwa.
Uwo munyamakuru avuga ko hari ingero nyinshi z'abagore b'abacungagereza bagaragaweho no gukorana imibonano mpuzabitsina n'imfungwa bigatuma habaho ubufatanyacyaha mu gukora ibyaha birimo no kwinjiza muri gereza ibiyobyabwenge.
Uwo mugabo ashingiye ku byo yiboneye afungiye muri gereza ya Wandsworth, avuga ko asanga abacungagereza b'igitsina gore badakwiye gukorera muri gereza zifungiwemo abagabo. Avuga ko usanga abagore bakora umwuga w'ubucungagereza iyo binjiye muri gereza bagaragaza imyitwarire yo gushotora abagabo bagamije kubashakaho ishimishamubiri.
Mu Bwongereza abacungagereza b'abagore ntibemererwaga gukorera mu magereza y'abagabo ndetse abacungagereza binjiraga muri uwo mwuga barengeje imyaka 25 ariko hagati ya 1980 na 1999, hagiye habaho impinduka ku buryo abagore bemerewe gukorera mu magereza y'abagabo ndetse abasore n'inkumi bataragira imyaka 25 nabo bemererwa kwinjizwa muri uwo mwuga.
Isabelle Dale, bivugwa ko yatangiye gukundana n'abagabo babiri bari bafunzwe afite imyaka 19 y'amavuko agitangira akazi ko gucunga umutekano muri Gereza.


Kinyarwanda
English
Swahili









