Constant Mutamba yasabiwe igihano cy’imyaka 10 y'imirimo y'agahato
Constant Mutamba, wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uri gukurikiranwaho kunyereza miliyoni 19 z’amadolari ya Amerika (asaga miliyari 27 Rwf). Ku wa Gatatu, tariki 13 Kanama 2025, Ubushinjacyaha bw’Urukiko Rusesa Imanza muri DRC bwasabye ko ahanishwa igifungo cy’imyaka 10 mu mirimo y’agahato.
Uretse igihano cy’igifungo, Ubushinjacyaha bwasabye ko Mutamba amara iyi myaka adashobora gufungurwa by’agateganyo kandi atemerewe kugira uburenganzira bwo gukora mu nzego za Leta.
Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko, Sylvain Kalwila, yasabye ko uregwa ahamwa n’icyaha cyo kunyereza amafaranga yari agenewe kubaka gereza ya Kisangani mu Ntara ya Tshopo.
Mutamba yahakanye ibyaha, ashimangira ko byose bifite ishingiro rya politiki kandi bigamije kumuca intege ku mishinga myiza yari afitiye igihugu.
Ubushinjacyaha bwanasabye ko asubiza amafaranga yose mu isanduku ya Leta, kuko atagomba guhera.
Abamwunganira mu mategeko bo bavuga ko umukiliya wabo ari umwere, kandi ko ngo "biteye isoni ku kuba abakiri bato mu mategeko" basabira ibihano nka biriya uyu wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera ngo "urengana." Basobanura ko amafaranga aregwa kunyerezwa akiri kuri konti, bityo kumushinja kuyanyereza ari ukumwambika urubwa.
Banongeyeho ko ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha bidahagije, basaba ko agirwa umwere nta mananiza.
Constant Mutamba yahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo


Kinyarwanda
English
Swahili









