Abapolisi 140 basoje ubutumwa bw’amahoro
Itsinda rigizwe n’abapolisi 140 b’u Rwanda ryagarutse mu gihugu ku wa Kabiri, tariki ya 10 Kamena, nyuma yo gusoza ubutumwa bw’umwaka umwe bwo kubungabunga amahoro bari barimo mu Butumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro no kubungabunga umutekano muri Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA).
Aba bapolisi bari bagize itsinda rya mbere ry’abashinzwe kurinda abayobozi, rizwi nka Rwanda Protection Support Unit One—rotation ya cyenda (RWAPSU1-9). Bakiriwe ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali na Komiseri wa Polisi (CP) Yahya Kamunuga, Komiseri ushinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro mu mahanga, wari uhagarariye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda.
Itsinda ryari riyobowe na Chief Superintendent of Police (CSP) Ildephonse Rutagambwa ryasimbuwe n’irindi tsinda, RWAPSU1-10, ryari ryagiye mbere kuri uwo munsi, riyobowe na Senior Superintendent of Police (SSP) James Karasi.
Iri tsinda ryihariye rishinzwe cyane cyane kurinda abayobozi bakomeye ku rwego rw’igihugu n’urwa mpuzamahanga, barimo Minisitiri w’Intebe, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, abayobozi bakuru mu butabera, ndetse n’umuyobozi w’ishami rya Polisi muri MINUSCA.
CP Kamunuga yashimye aba bapolisi ku bwo gusoza neza ubutumwa bahawe, abashimira ubunyamwuga n’umurava bagaragaje mu kazi kabo.
Yagize ati: “Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda burabashimira kandi bubaha ikaze mu gihugu cyanyu. Turashima umurava, kwihangana n’ubunyamwuga mwagaragaje mu gihe cy’ubutumwa bwanyu. Uwo ni wo mwuka utuma urwego rwacu n’igihugu cyacu bihora bihatira gusohoza inshingano zabyo mu gihugu no hanze yacyo. Inshingano zirakomeza no mu gihugu.”
Mu gusubiza amaso ku butumwa barimo, CSP Rutagambwa yashimangiye ko gutsinda kwabo byaturutse ku bufatanye n’ubwitange mu gukorera hamwe no kwegera abaturage.
Yagize ati: “Intsinzi yacu yashingiraga ku bumwe n’ubwitange bwo gukorera hamwe. Uretse inshingano zacu zo kubungabunga umutekano, twitabiriye ibikorwa by’iterambere rusange nk’isuku rusange (Umuganda), kurengera ibidukikije, gutanga amaraso, gutanga amazi meza, ndetse no gutanga ubuvuzi ku bufatanye n’inzego z’umutekano zaho. Ibi bikorwa byagize uruhare rukomeye mu kubaka icyizere no guteza imbere ubufatanye bukomeye n’abaturage b’aho twari turi.”
U Rwanda rumaze kohereza abapolisi mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santarafurika kuva mu 2014. Kugeza ubu, igihugu gifiteyo amatsinda ane: atatu y’amatsinda yihariye y’abapolisi (Formed Police Units - FPUs) hamwe n’itsinda rishinzwe kurinda abayobozi (Protection Support Unit - PSU). FPU-1 hamwe na PSU bikorera i Bangui, mu gihe FPU-2 ikorera i Kaga-Bandoro, naho FPU-3 ikaba ikorera i Bangassou.


Kinyarwanda
English
Swahili









