issa
Ntazinda Erasme wari umaze amasaha macye yegujwe ku buyobozi bw’Akarere ka Nyanza yafunzwe

Ntazinda Erasme wari umaze amasaha macye yegujwe ku buyobozi bw’Akarere ka Nyanza yafunzwe

Apr 16, 2025 - 12:55
 0

Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko rwataye muri yombi bwana Ntazinda Erasme wari umaze amasaha macye yegujwe ku mwanya w’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza.


Ibi ni ibyemejwe Dr Murangira B. Thierry yavuze ko kugeza ubu Ntazinda afunzwe bishingiye ku iperereza riri kumukorwaho gusa yongeraho ko  nta byinshi byatangazwa ku itabwa muri yombi rye(Ntazinda).

Atawe muri yombi nyuma y’uko mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri hari hasakaye amakuru ko inama Njyanama y’Akarere ka Nyanza yafashe umwanzuro wo kumweguza ku nshingano.

Njyanama , yatangaje ko iki cyemezo yagifashe hashingiwe ku kuba atuzuzaga inshingano ze. Ni  mu gihe hari amakuru yavugaga ko yarangwaga n’imyitwarire itaboneye ndetse no gufata ibyemezo bishingiye ku bubasha bwe bwite.

 

Ntazinda Erasme wari umaze amasaha macye yegujwe ku buyobozi bw’Akarere ka Nyanza yafunzwe

Apr 16, 2025 - 12:55
Apr 16, 2025 - 12:57
 0
Ntazinda Erasme wari umaze amasaha macye yegujwe ku buyobozi bw’Akarere ka Nyanza yafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko rwataye muri yombi bwana Ntazinda Erasme wari umaze amasaha macye yegujwe ku mwanya w’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza.


Ibi ni ibyemejwe Dr Murangira B. Thierry yavuze ko kugeza ubu Ntazinda afunzwe bishingiye ku iperereza riri kumukorwaho gusa yongeraho ko  nta byinshi byatangazwa ku itabwa muri yombi rye(Ntazinda).

Atawe muri yombi nyuma y’uko mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri hari hasakaye amakuru ko inama Njyanama y’Akarere ka Nyanza yafashe umwanzuro wo kumweguza ku nshingano.

Njyanama , yatangaje ko iki cyemezo yagifashe hashingiwe ku kuba atuzuzaga inshingano ze. Ni  mu gihe hari amakuru yavugaga ko yarangwaga n’imyitwarire itaboneye ndetse no gufata ibyemezo bishingiye ku bubasha bwe bwite.