issa
Ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda asanga  Miliyoni 600 z'amadorali ya Amerika

Ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda asanga Miliyoni 600 z'amadorali ya Amerika

Apr 16, 2025 - 11:51
 0

Raporo y’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, igaragaza ko miliyoni 647 z’amadolari ya Amerika zinjiye mu Rwanda ziturutse ku bukerarugendo.


Ni ukuvuga akabakaba miliyari 1 000 z’amafaranga y’u Rwanda mu mwaka ushize wa 2024. Iyi raporo igaragaza ko miliyoni 1.36 basuye igihugu muri uwo mwaka. 

Ubukerarugendo bushingiye ku gusura Ingagi zo mu Birunga bwazamutseho 27% ugereranyije n’umwaka wabanjirije uwa 2024.

Ubukerarugendo bushingiye ku gusura Ingagi, bwinjirije u Rwanda miliyoni 200 z’amadolari ya Amerika, ni ukuvuga miliyoni hafi 300 z’amafaranga y’u Rwanda nk’uko iyi raporo ikomeza ibigaragaza.

Ni mu gihe inama, amahuriro, n’imurika (MICE) byinjirije u Rwanda miliyoni 84.8 z’amadolari ya Amerika aturutse ku nama 115 u Rwanda rwakiriye, zikitabirwa n’abasaga 52 000.

Mu 2025, RDB ifite intego yo gukomeza kuzamura inzego zitandukanye, aho iteganya ko ishoramari rizagera kuri miliyari 3$, ubukerarugendo bukinjiza arenga miliyoni 700$.

RDB kandi  ifite intego yo gukomeza gushyigikira iterambere ry’u Rwanda no kugira uruhare mu cyerekezo cya gahunda y’igihugu yo kwihutisha iterambere (NST2).

 

Ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda asanga Miliyoni 600 z'amadorali ya Amerika

Apr 16, 2025 - 11:51
 0
Ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda asanga  Miliyoni 600 z'amadorali ya Amerika

Raporo y’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, igaragaza ko miliyoni 647 z’amadolari ya Amerika zinjiye mu Rwanda ziturutse ku bukerarugendo.


Ni ukuvuga akabakaba miliyari 1 000 z’amafaranga y’u Rwanda mu mwaka ushize wa 2024. Iyi raporo igaragaza ko miliyoni 1.36 basuye igihugu muri uwo mwaka. 

Ubukerarugendo bushingiye ku gusura Ingagi zo mu Birunga bwazamutseho 27% ugereranyije n’umwaka wabanjirije uwa 2024.

Ubukerarugendo bushingiye ku gusura Ingagi, bwinjirije u Rwanda miliyoni 200 z’amadolari ya Amerika, ni ukuvuga miliyoni hafi 300 z’amafaranga y’u Rwanda nk’uko iyi raporo ikomeza ibigaragaza.

Ni mu gihe inama, amahuriro, n’imurika (MICE) byinjirije u Rwanda miliyoni 84.8 z’amadolari ya Amerika aturutse ku nama 115 u Rwanda rwakiriye, zikitabirwa n’abasaga 52 000.

Mu 2025, RDB ifite intego yo gukomeza kuzamura inzego zitandukanye, aho iteganya ko ishoramari rizagera kuri miliyari 3$, ubukerarugendo bukinjiza arenga miliyoni 700$.

RDB kandi  ifite intego yo gukomeza gushyigikira iterambere ry’u Rwanda no kugira uruhare mu cyerekezo cya gahunda y’igihugu yo kwihutisha iterambere (NST2).