U Rwanda ntirwakiriye neza ibyo Ndayishimiye akomeje kuruvugaho

U Rwanda ntirwakiriye neza ibyo Ndayishimiye akomeje kuruvugaho

Mar 25, 2025 - 11:51
 0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo, yavuze ko u Rwanda rwatunguwe n’imvugo ya Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, wavuze ko ngo u Rwanda rushaka gutera u Burundi runyuze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ariko nabo ngo bakaba biteguye kuba batera Kigali banyuze mu ntara ya Kirundo.


Ndayishimiye yabivuze mu kiganiro yagiranye na BBC, agaragaza ko u Rwanda ngo ruzanyura muri Congo rutera u Burundi.

Yagize ati” “Tuzi ko u Rwanda ruri kugerageza kudutera ruciye ku butaka bwa Republika Iharanira ya Demokarasi ya Congo, rubicishije ku mutwe wa Red- Tabara. Ariko twebwe tubabwira ko niba bashaka gutera Bujumbura baciye muri Congo, natwe Kigali si kure duciye mu Kirundo.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko ibyo bivugwa bitangaje kuko inzego z'umutekano  ku mpande zombi zari zaratangiye wo gushaka umuti w’ibibazo.

Yagize ati “Ibyo bivugwa biratangaje kuko mu by’ukuri inzego za gisirikare n’umutekano zo mu Rwanda no mu Burundi zari ziri guhura kugira ngo ziganire ku buryo twarinda imipaka yacu iduhuza bitewe n’ibirimo biraba mu burasirazuba bwa Congo.”

Mu mwaka wa 2024, nibwo  Leta y'u Burundi yafashe iya mbere  itangaza ko  yafunze umupaka wayo uyihuza n’u Rwanda. Icyo gihe bwavuze ko u Rwanda arirwo rufasha umutwe wa RED-Tabara  ku bugabaho ibitero  mu gihe rwo rwagiye rubihakana.

 

 

U Rwanda ntirwakiriye neza ibyo Ndayishimiye akomeje kuruvugaho

Mar 25, 2025 - 11:51
 0
U Rwanda ntirwakiriye neza ibyo Ndayishimiye akomeje kuruvugaho

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo, yavuze ko u Rwanda rwatunguwe n’imvugo ya Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, wavuze ko ngo u Rwanda rushaka gutera u Burundi runyuze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ariko nabo ngo bakaba biteguye kuba batera Kigali banyuze mu ntara ya Kirundo.


Ndayishimiye yabivuze mu kiganiro yagiranye na BBC, agaragaza ko u Rwanda ngo ruzanyura muri Congo rutera u Burundi.

Yagize ati” “Tuzi ko u Rwanda ruri kugerageza kudutera ruciye ku butaka bwa Republika Iharanira ya Demokarasi ya Congo, rubicishije ku mutwe wa Red- Tabara. Ariko twebwe tubabwira ko niba bashaka gutera Bujumbura baciye muri Congo, natwe Kigali si kure duciye mu Kirundo.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko ibyo bivugwa bitangaje kuko inzego z'umutekano  ku mpande zombi zari zaratangiye wo gushaka umuti w’ibibazo.

Yagize ati “Ibyo bivugwa biratangaje kuko mu by’ukuri inzego za gisirikare n’umutekano zo mu Rwanda no mu Burundi zari ziri guhura kugira ngo ziganire ku buryo twarinda imipaka yacu iduhuza bitewe n’ibirimo biraba mu burasirazuba bwa Congo.”

Mu mwaka wa 2024, nibwo  Leta y'u Burundi yafashe iya mbere  itangaza ko  yafunze umupaka wayo uyihuza n’u Rwanda. Icyo gihe bwavuze ko u Rwanda arirwo rufasha umutwe wa RED-Tabara  ku bugabaho ibitero  mu gihe rwo rwagiye rubihakana.

 

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.