Guverinoma y’u Rwanda yaseshwe
Itegeko nshinga rya repubulika y’u Rwanda mu ngingo 124 ivuga ku kuvaho kwa minisitiri w’intebe n’ishyirwaho ry’indi guverinoma.
Mu gika cya mbere cy’iyo ngingo ivuga ko iyo minisitiri w’Intebe avuyeho ku mpamvu iyo ari yo yose,bituma n’abandi bagize guverinoma begura.
Mu gika cya kabiri cy’iyi ngingo ivuga ko Perezida wa repubulika yakira ukwegura kwa guverinoma iyo minisitiri w’Intebe akumushyikirije. Mu gika cya Gatatu havuga ko guverinoma yeguye ikora gusa imirimo ya buri munsi kugeza igihe hashyiriweho indi Guverinoma.
Ingingo ya 116 ivuga ko Minisitiri w’Intebe atoranywa, ashyirwaho kandi avanwaho na Perezida wa Repubulika. Abandi bagize guverinoma bashyirwaho na perezida wa repubulika amaze kugisha inama Minisitiri w’Intebe.
Minisitiri w’Intebe ashyirwaho bitarenze iminsi 15 nyuma y’irahira rya perezida wa repubulika. Abandi bagize guverinoma bashyirwaho bitarenze iminsi 15 nyuma y’ishyirwaho rya Minisitiri w’Intebe.
Ba Minisitiri b’Intebe 7 u Rwanda rwagize kuva mu 1994
1. Faustin Twagiramungu: Kuva tariki 19 Nyakanga 1994 kugeza tariki 31 Kanama 1995
2. Pierre-Célestin Rwigema: Kuva tariki 31 Kanama 1995 kugera tariki 08 Werurwe 2000
3. Bernard Makuza: Kuva 08 Werurwe 2000 kugera ku wa 07 Ukwakira 2011
4. Pierre-Damien Habumuremyi: Kuva ku wa 07 Ukwakira 2011 kugera kuwa 23 Nyakanga 2014
5. Anastase Murekezi: Kuva tariki 23 Nyakanga 2014 kugeza ku wa 30 Kanama 2017
6. Dr. Édouard Ngirente: Kuva ku wa 30 Kanama 2017 kugera ku wa 23 Nyakanga 2025
7. Dr. Justin Nsengiyumva: Kuva ku wa 23 Nyakanga 2025 -


Kinyarwanda
English
Swahili









