Abana ibihumbi 21 bamugariye mu ntambara yo muri Gaza
Intambara ishyamiranyije Israel na Palestine ikomeje guhitana benshi.
Intambara yo muri Gaza iri gutwara ubuzima bw'abantu by'umwihariko ibyiciro by'abanyantege nke nibo baharenganira.
Kuri ubu RFI yanditse ko nibura abana basaga 21000 babuze bimwe mu bice bigize ingingo zabo kuva ku ya 7 Ukwakira 2023.
Imibare yerekana ko abana 40,500 bakomerekeye mu ntambara mu gihe cy'imyaka ibiri ariko rero kimwe cya kabiri cyabo bahuye n'ubumuga bwo kubura ingingo z'umubiri.
Hari abasaga 157,114 bakomerekeye muri iriya ntambara ariko ijanisha rya 25 bagize ubumuga bukabije.


Kinyarwanda
English
Swahili









