issa
241 bapfuye undi umwe ararokoka mu mpanuka y’indege

241 bapfuye undi umwe ararokoka mu mpanuka y’indege

Jun 13, 2025 - 12:03
 0

Abantu 204 bamaze kwemezwa ko bapfuye nyuma y’impanuka y’indege ya Air India yari itwaye abagenzi 242 ku itariki ya 12 Kamena 2025.


Iyo mpanuka yabaye hashize iminota mike indege ihagurutse ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Ahmedabad mu Buhinde.

Amashusho ari gucicikana ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umwotsi mwinshi wibasira ikirere nyuma y’uko indege yo mu bwoko bwa Boeing 787-8 Dreamliner iguye.

Vishwash Kumar Ramesh, wari uri hafi aho akaba ari we wafashe ayo mashusho, yavuze ko yumvise urusaku rukomeye hashize amasegonda 30 indege ihagurutse, Byabaye ako kanya.

Nk’uko Air India yabitangaje, iyo ndege yari itwaye Abahinde 169, Abongereza 53, Abanya-Portugal 7, n’Umwenegihugu umwe wo muri Canada.

Mu itangazo ryayo, Air India yagize iti “Ubu turashyira imbaraga zacu mu gufasha abahuye n’ibi byago n’imiryango yabo. Turakora ibishoboka byose ngo dushyigikire amatsinda ari ku murongo w’ubutabazi aho impanuka yabereye. Amakuru arambuye azatangwa nyuma yo kuyemeza.”

Ubuyobozi bwa Polisi mu karere ka Ahmedabad bwemeje ko imirambo 204 imaze kuboneka, umuntu umwe rukumbi akaba ari we warokotse iyo mpanuka.

Ahabereye iyo mpanuka y’indege, Minisitiri w’intebe w’Ubuhinde yahasuye yihanganisha ababuriye ababo muri iyo mpanuka anakomeza avuga ko bakora ibishoboka byose ngo amatsinda y’Ubutabazi akomeze akore uko ashoboye atange ubutabazi.

241 bapfuye undi umwe ararokoka mu mpanuka y’indege

Jun 13, 2025 - 12:03
Jun 13, 2025 - 10:43
 0
241 bapfuye undi umwe ararokoka mu mpanuka y’indege

Abantu 204 bamaze kwemezwa ko bapfuye nyuma y’impanuka y’indege ya Air India yari itwaye abagenzi 242 ku itariki ya 12 Kamena 2025.


Iyo mpanuka yabaye hashize iminota mike indege ihagurutse ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Ahmedabad mu Buhinde.

Amashusho ari gucicikana ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umwotsi mwinshi wibasira ikirere nyuma y’uko indege yo mu bwoko bwa Boeing 787-8 Dreamliner iguye.

Vishwash Kumar Ramesh, wari uri hafi aho akaba ari we wafashe ayo mashusho, yavuze ko yumvise urusaku rukomeye hashize amasegonda 30 indege ihagurutse, Byabaye ako kanya.

Nk’uko Air India yabitangaje, iyo ndege yari itwaye Abahinde 169, Abongereza 53, Abanya-Portugal 7, n’Umwenegihugu umwe wo muri Canada.

Mu itangazo ryayo, Air India yagize iti “Ubu turashyira imbaraga zacu mu gufasha abahuye n’ibi byago n’imiryango yabo. Turakora ibishoboka byose ngo dushyigikire amatsinda ari ku murongo w’ubutabazi aho impanuka yabereye. Amakuru arambuye azatangwa nyuma yo kuyemeza.”

Ubuyobozi bwa Polisi mu karere ka Ahmedabad bwemeje ko imirambo 204 imaze kuboneka, umuntu umwe rukumbi akaba ari we warokotse iyo mpanuka.

Ahabereye iyo mpanuka y’indege, Minisitiri w’intebe w’Ubuhinde yahasuye yihanganisha ababuriye ababo muri iyo mpanuka anakomeza avuga ko bakora ibishoboka byose ngo amatsinda y’Ubutabazi akomeze akore uko ashoboye atange ubutabazi.