issa
Yakinjiza menshi! Inzozi za Rayon Sports WFC zaba zigiye kuba impamo?

Yakinjiza menshi! Inzozi za Rayon Sports WFC zaba zigiye kuba impamo?

Sep 16, 2025 - 12:45
 0

Rayon Sports y’abari n’abategerugori, ishobora kuza gukora amateka azayinjiriza amafaranga atari macye inzozi zayo zikaba impamo.


Ni urugendo rwatangiye mu mwaka ushize ubwo Rayon Sports WFC yegukanaga igikombe cya mbere mu cyiciro cya mbere ku ngoma ya Uwayezu Jean Fidel ikitabira imikino ya CECAFA Champions League ariko ntiyitware neza.

Rayon Sports WFC yakomereje urugendo rwo gushaka amatsinda no muri uyu mwaka w’imikino aho yitabiriye imikino ya CECAFA Champions League Saison ya 2025-2026.

Rayon Sports WFC, yatangiye yitwara neza itsinda CBE ibitego 2-1. Iyi kipe yakomeje inganya na Top Girl yo mu Burundi 0-0. Yaje gutsinda Kampala Queens kuri Penalite 4-3 bituma igera ku mukino wa nyuma ari naho ishobora gukorera amateka.

Kuri uyu wa kabiri tariki 16 Nzeri 2025, nibwo Rayon Sports WFC irambikana na JKT Queens yo mu gihugu cya Tanzania. Ni umukino wa nyuma wa CECAFA Champions League uratangira ku isaha ya saa munani za hano Kigali.

Uyu mukino ushobora gutuma inzozi z’abayobozi, abakinnyi n’abafana ba Rayon Sports WFC muri rusange ziba impamo ndetse iyi kipe ikinjiza amafaranga atari macye kuva yashingwa.

Uyu mukino wa nyuma urakinwa, ikipe iraza kwitwara neza biratuma ibona itike yo gukina imikino y’amatsinda ya CAF Women’s Champions League. Ikipe y’abagore igeze muri iki cyiciro ihabwa amafaranga angana n’ibihumbi 150 by’amadorari (Arenga Milliyoni 216). 

Ikipe yegukanye CAF Women’s Champions League ihabwa ibihumbi 600 by’amadorari, iya kabiri igahabwa ibihumbi 400 by’amadorari, iya gatatu igahabwa ibihumbi 350 by’amadorari, mu gihe iya kane ihabwa ibihumbi 300 by’amdorari.

Umuyobozi wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadee, mbere yo guhaguruka hano mu Rwanda agiye gushyigikira iyi kipe y’abagore muri Kenya, yatangaje ko yizeye abakinnyi be ndetse iraza kwegukana igikombe.

Iyi kipe ishyigikiwe kandi na FERWAFA aho ikomeje kwitabwaho n’uwushinzwe guteza imbere umupira w’amaguru w’abagore, Nikita Gicanda, ndetse iyi kipe irimo guhabwa agahimbazamusyi uko yitwaye neza kuva mu mikino ya 1/2.

Image

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Yakinjiza menshi! Inzozi za Rayon Sports WFC zaba zigiye kuba impamo?

Sep 16, 2025 - 12:45
 0
Yakinjiza menshi! Inzozi za Rayon Sports WFC zaba zigiye kuba impamo?

Rayon Sports y’abari n’abategerugori, ishobora kuza gukora amateka azayinjiriza amafaranga atari macye inzozi zayo zikaba impamo.


Ni urugendo rwatangiye mu mwaka ushize ubwo Rayon Sports WFC yegukanaga igikombe cya mbere mu cyiciro cya mbere ku ngoma ya Uwayezu Jean Fidel ikitabira imikino ya CECAFA Champions League ariko ntiyitware neza.

Rayon Sports WFC yakomereje urugendo rwo gushaka amatsinda no muri uyu mwaka w’imikino aho yitabiriye imikino ya CECAFA Champions League Saison ya 2025-2026.

Rayon Sports WFC, yatangiye yitwara neza itsinda CBE ibitego 2-1. Iyi kipe yakomeje inganya na Top Girl yo mu Burundi 0-0. Yaje gutsinda Kampala Queens kuri Penalite 4-3 bituma igera ku mukino wa nyuma ari naho ishobora gukorera amateka.

Kuri uyu wa kabiri tariki 16 Nzeri 2025, nibwo Rayon Sports WFC irambikana na JKT Queens yo mu gihugu cya Tanzania. Ni umukino wa nyuma wa CECAFA Champions League uratangira ku isaha ya saa munani za hano Kigali.

Uyu mukino ushobora gutuma inzozi z’abayobozi, abakinnyi n’abafana ba Rayon Sports WFC muri rusange ziba impamo ndetse iyi kipe ikinjiza amafaranga atari macye kuva yashingwa.

Uyu mukino wa nyuma urakinwa, ikipe iraza kwitwara neza biratuma ibona itike yo gukina imikino y’amatsinda ya CAF Women’s Champions League. Ikipe y’abagore igeze muri iki cyiciro ihabwa amafaranga angana n’ibihumbi 150 by’amadorari (Arenga Milliyoni 216). 

Ikipe yegukanye CAF Women’s Champions League ihabwa ibihumbi 600 by’amadorari, iya kabiri igahabwa ibihumbi 400 by’amadorari, iya gatatu igahabwa ibihumbi 350 by’amadorari, mu gihe iya kane ihabwa ibihumbi 300 by’amdorari.

Umuyobozi wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadee, mbere yo guhaguruka hano mu Rwanda agiye gushyigikira iyi kipe y’abagore muri Kenya, yatangaje ko yizeye abakinnyi be ndetse iraza kwegukana igikombe.

Iyi kipe ishyigikiwe kandi na FERWAFA aho ikomeje kwitabwaho n’uwushinzwe guteza imbere umupira w’amaguru w’abagore, Nikita Gicanda, ndetse iyi kipe irimo guhabwa agahimbazamusyi uko yitwaye neza kuva mu mikino ya 1/2.

Image