issa
Carlos Anceloti ntazakomezanya na Real Madrid

Carlos Anceloti ntazakomezanya na Real Madrid

Jan 23, 2025 - 00:26
 0

Umutaliyani utoza ikipe ya Real Madrid Carlos Anceloti, yemeje ko atazakomezanya n’iyi kipe ubwo iyi sezo izaba irangiye.


Uyu musaza w’imyaka 65 wavuze tariki 10 Kamena 1959, asezeye muri Real Madrid nyuma y’imyaka irera 2 ndetse yayihesheje ibikombe bitandukanye bya Champions league, Laliga ndetse n’igikombe cy’isi cy’ama-Club.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Onda Celo, kivuga ko uyu mutoza nyuma y’iyi sezo azasohoka muri Real Madrid ndetse hari n’amakipe y’ibihugu byavugwaga ko ashobora kujyamo ariko kubera ukuntu yari yatsimbaraye kuri Real Madrid byabaye nk’ibicecetse.

Carlos Anceloti wavukiye i Reggiolo mu butaliyani, nk’umukinnyi yakinaga mu kibuga hagati ndetse yitwara neza bimukurikirana no mu butoza kugeza ageze ku bigwi afite ibyinshi yaboneye muri Real Madrid.

Ni inshuro ya Kabiri Carlos Anceloti yari aje muri Real Madrid kuko 2013 kugeza 2015 niwe wari umutoza aza kwirukanwa kubera umusaruro nkene yerekeza mu ikipe ya Bayern Munich yo mu budage ntibyagenda neza nyuma y’umwaka umwe ahita nabwo asezererwa.

Uyu mutoza yatoje Kandi ikipe ya Napoli yo mu butariyani kuva 2018 kugeza 2019. Carlos Anceloti mbere yo kuza muri Real Madrid yari avuye mu bwongereza mu ikipe ya Everton naho yabuze umusaruro bituma atandukana n’abakire b’iyi kipe.

Ibinyamakuru byinshi i burayi biravuga ko Carlos Anceloti yafashe uyu mwanzuro bitewe ni uko yumva umubiriwe utamwemerera gukomeza gutoza iyi kipe ndetse yemeza ko iki ari cyo gihe cyiza cyo guha abandi umwanya bagatanga umusanzu wabo kuri iyi kipe. Biravugwa ko Xabi Alonso ari we uraramutswa ikipe ya Real Madrid nk’umutoza wayo nyuma ya Anceloti.

Carlos Anceloti mu mwuga we w’ubutoza yahesheje Real Madrid ibikombe bitandukanye harimo Champions League 5, Shampiyona ya Laliga inshuro 2, ibikombe by’isi by’ama-Club inshuro 3 ndetse n’ibindi byinshi Kandi hafi ya byose yari muri Real Madrid.

Kugeza ubu ikipe ya Real Madrid iri ku mwanya wa mbere w’agateganyo muri Shampiyona ya Esipanye Laliga n’amanota 46 ndetse ubona ko hari icyizere cyo gutwara iki gikombe ku nshuro ya Kabiri y’ikurikiranya.

Carlos Anceloti ntazakomezanya na Real Madrid

Jan 23, 2025 - 00:26
 0
Carlos Anceloti ntazakomezanya na Real Madrid

Umutaliyani utoza ikipe ya Real Madrid Carlos Anceloti, yemeje ko atazakomezanya n’iyi kipe ubwo iyi sezo izaba irangiye.


Uyu musaza w’imyaka 65 wavuze tariki 10 Kamena 1959, asezeye muri Real Madrid nyuma y’imyaka irera 2 ndetse yayihesheje ibikombe bitandukanye bya Champions league, Laliga ndetse n’igikombe cy’isi cy’ama-Club.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Onda Celo, kivuga ko uyu mutoza nyuma y’iyi sezo azasohoka muri Real Madrid ndetse hari n’amakipe y’ibihugu byavugwaga ko ashobora kujyamo ariko kubera ukuntu yari yatsimbaraye kuri Real Madrid byabaye nk’ibicecetse.

Carlos Anceloti wavukiye i Reggiolo mu butaliyani, nk’umukinnyi yakinaga mu kibuga hagati ndetse yitwara neza bimukurikirana no mu butoza kugeza ageze ku bigwi afite ibyinshi yaboneye muri Real Madrid.

Ni inshuro ya Kabiri Carlos Anceloti yari aje muri Real Madrid kuko 2013 kugeza 2015 niwe wari umutoza aza kwirukanwa kubera umusaruro nkene yerekeza mu ikipe ya Bayern Munich yo mu budage ntibyagenda neza nyuma y’umwaka umwe ahita nabwo asezererwa.

Uyu mutoza yatoje Kandi ikipe ya Napoli yo mu butariyani kuva 2018 kugeza 2019. Carlos Anceloti mbere yo kuza muri Real Madrid yari avuye mu bwongereza mu ikipe ya Everton naho yabuze umusaruro bituma atandukana n’abakire b’iyi kipe.

Ibinyamakuru byinshi i burayi biravuga ko Carlos Anceloti yafashe uyu mwanzuro bitewe ni uko yumva umubiriwe utamwemerera gukomeza gutoza iyi kipe ndetse yemeza ko iki ari cyo gihe cyiza cyo guha abandi umwanya bagatanga umusanzu wabo kuri iyi kipe. Biravugwa ko Xabi Alonso ari we uraramutswa ikipe ya Real Madrid nk’umutoza wayo nyuma ya Anceloti.

Carlos Anceloti mu mwuga we w’ubutoza yahesheje Real Madrid ibikombe bitandukanye harimo Champions League 5, Shampiyona ya Laliga inshuro 2, ibikombe by’isi by’ama-Club inshuro 3 ndetse n’ibindi byinshi Kandi hafi ya byose yari muri Real Madrid.

Kugeza ubu ikipe ya Real Madrid iri ku mwanya wa mbere w’agateganyo muri Shampiyona ya Esipanye Laliga n’amanota 46 ndetse ubona ko hari icyizere cyo gutwara iki gikombe ku nshuro ya Kabiri y’ikurikiranya.