issa
Yafunzwe imyaka 6 ataburanye,yiyamamarije kuyobora Kenya inshuro 5: Ubuzima bwa Raila Amolo Odinga muri Politiki

Yafunzwe imyaka 6 ataburanye,yiyamamarije kuyobora Kenya inshuro 5: Ubuzima bwa Raila Amolo Odinga muri Politiki

Oct 15, 2025 - 10:22
 0

Raila Amolo Odinga yabonye izuba ku wa 7 Mutarama 1945 mu burasirazuba bwa Kenya mu gace kitwa Maseno.


Raila Odinga wo mu bwoko bw'Abaruwo (Luo tribe)yavutse kuri Jaramogi Oginga Odinga, na Mary Juma Odinga. Se yabaye Visi perezida wa mbere ku butegetsi bwa Jomo Kenyata wayoboye Kenya ikibona ubwigenge yakuye ku Bongereza.

Raila Odinga yaranzwe n'ubuhezanguni kuko yamaze imyaka 30 ashaka kuba perezida icyakora agatsindwa, we agahamagarira abarwanashyaka be kwirara mu mihanda noneho bamwe bakahasiga ubuzima.

Inshuro yari mbi mu mateka ya Kenya ni nyuma y'amatora yo mu 2007. Yavuze ko yibwe noneho ategura imyigaragambyo yaguyemo abarenga 1300, bityo abantu 350,000 bava mu byabo.

Mu 2008 Umuryango w'Abibumbye n’umuryango w'Afurika yunze Ubumwe bohereje uwari perezida w'Afurika Y'epfo Thabo Mbeki aza kunga Raila Odinga na Mwai Kibaki. Bemeranyije ko Raila Odinga aba minisitiri w'intebe.

Mu 2022 nabwo William Ruto yaramutsinze ariko yanga kuva ku izima. Yahamagaye abarwanashyaka bo mu ishyaka Orange Democratic Movement (ODM) bigabiza imihanda ,ab'amagara make bahasiga ubuzima.

William Ruto abonye bimushobeye yigiriye inama yo kwicarana na Raila Odinga bajya inama banzura ko abantu ba Odinga bahabwa imyanya myinshi muri guverinoma kugirango Raila Odinga acururuke.

Raila Amolo Odinga yabonye izuba ku wa 7 Mutarama 1945 mu burasirazuba bwa Kenya mu gace kitwa Maseno.

Yize Mechanical Engineering mu Budage ahakura impamyabumenyi yo mu cyiciro cya gatatu cya Kaminuza 'Masters '. 

Mu 1970 yaratashye aza kubaka igihugu cye aho yigishije muri University of Nairobi ayivamo mu 1974 ajya gukora muri Kenya Bureau of Standards. Mu 1978 yabaye umuyobozi wungirije w'icyo kigo.

Yigeze gushaka guhirika ubutegetsi arabizira

Mu 1982 yashinjwe gushaka guhirika ubutegetsi muri coup d'etat yateguwe n'abasirikare barwanira mu kirere.

 Icyo gihe bashakaga gukuraho perezida Arap Moi. Raila Amolo Odinga yafunzwe imyaka 6 nta rubanza rwabayeho ngo akatirwe.

Yaje gufungurwa icyakora ahinduka imfungwa ya hato na hato kuko yafunzwe inshuro 2 azira gutegura imyigaragambyo yamagana ishyaka rimwe ryemerewe kwiyamamaza muri Kenya. 

Yigeze guhungira muri Norway nyuma arataha kuko ntiyahamaze amezi menshi.

Mu 1991 nibwo Kenya yatoye itegeko ryemerera amashyaka menshi kwiyamamaza ari nabwo yari yagize uruhare muri izo mpinduka.

 Uko yatsindwaga amatora yahabwaga umwanya muri guverinoma, ibisa nko kumukinga ibikarito mu maso. Mu 1992 yabaye umudepite watorewe guhagarira Lang'ata, agace ko muri Kenya.

Mu 1994 se yarapfuye noneho asigarana ubuyobozi bw'ishyaka rya se ryitwaga 'FORD-K'. Mu 1996 yahunze iryo shyaka yinjira muri NPD.

Mu 1997 yabaye umukandida uhagarariye National Development Party ariko ntiyahirwa akubitwa inshuro. Nyuma y'imyaka 4, Raila Amolo Odinga yahuje ishyaka rye n'irya Arap Moi ryitwa Kenya African National Union, agirwa umunyamabanga mukuru (SG). Ariko anahabwa umwanya wa minisitiri w'ingufu (Energy Minister).

Yakunze kwivumbura

Mu 2002 yatandukanye n'ishyaka rya KANU(Kenya African National Union) nyuma yo kubona ko Arap Moi yamuciye inyuma agakorana cyane na Uhuru Kenyatta akamugira umuyobozi w'ishyaka noneho nyuma Uhuru Kenyatta yariyamamaje ari we mukandida wa KANU mu gihe Raila Amolo Odinga yari aziko ari we uzaba umukandida wa KANU ariko ikarita yamukiniweho biramucanga.

Uhuru Kenyatta yiyamamarije kuyobora Kenya ari umukandida wa National Rainbow Alliance, ihuriro ry'amashyaka yari yishyize hamwe.

KANU yamaze manda 4 ariyo iyoboye igihugu, ibintu byaryaga cyane Raila Amolo Odinga wari waratandukanye nabo. 

Mu 2004 Mwai Kibaki yagize Raila Amolo Odinga minisitiri w'ibikorwa remezo, icyakora baza gushwana bapfa ko Mwai Kibaki atubahirije amasezerano yo gusaranganya ubutegetsi.

Mu 2007 ishyaka rya Raila Amolo Odinga ryatsindiye imyanya 99 mu nteko ishingamategeko noneho irya Mwai Kibaki ritsindira imyanya 43 ariko ntibyabujije Mwai Kibaki gutorerwa kuyobora Kenya, ibintu Odinga yavuze ko ari uburiganya.

Mwai Kibaki mu gucecekesha Odinga yamugize minisitiri w'intebe amara imyaka 5 kuri izo nshingano. 

Mu 2013 Uhuru Kenyatta yatsinze Raila Amolo Odinga amusubira mu 2017. Noneho ariko mu kumukinga ibikarito mu maso Uhuru Kenyatta yijeje kuzamushyigikira mu matora yabaye mu 2022.

Muri Gashyantare 2025 Raila Amolo Odinga yiyamamarije kuba umwe mu bayobozi bakuru bo mu muryango w'Afurika yunze Ubumwe ariko nabwo yatsinzwe kuri uwo mwanya na Mahamoud Ali Youssouf wo muri Djibouti.

Raila Amolo Odinga yashakanye na Ida mu 1973, babyaranye abana 4.

Raila Odinga yapfiriye mu Buhinde

Mu gitondo cyo ku wa 15 Ukwakira 2025 Raila Odinga w'imyaka 80 y'amavuko yaguye mu Buhinde aho yari amaze iminsi yivuriza.

Ibinyamakuru birimo BBC na The Kenya Times byanditse ko yari mu rugendo rurambura amaguru noneho umutima urahagarara yitura hasi.

Abari kumwe nawe bihutiye kumujyana mu bitaro byitwa Devamatha Hospital biri ahitwa Koothattukulam biza kurangira ashizemo umwuka. Raila Odinga yabaye Minisitiri w'intebe mu 2008-2013.

Azwi nk'umunyapolitiki wiyamamarije kuba perezida inshuro 5 ariko agatsindwa amatora. Yahereye mu 1997, 2007, 2013, 2017, no mu 2022 agerageza kwicara ku ntebe isumba izindi muri Kenya ariko ntiyahiriwe n'urugendo. 

Mu 2007 akimara gutsindwa yayoboye imyigaragambyo yaguyemo abantu 1300 abandi barakomereka.

Mu 1991 yagize uruhare mu guhindura itegeko rigenga akanama k'amatora hajyaho ubwisanzure bw'amashyaka menshi, ibyo yise demokarasi. Mu 2010 yagize uruhare mu guhindura itegeko nshinga. Yishwe n'indwara y'umutima akaba yapfuye saa 9:20 ku isaha yo mu buhinde.

Raila Amolo Odinga ubwoko yavutsemo bw'abaruwo ni ubwa kane mu kugira abanyakenya benshi babuvukamo.

Icyakora bagiye batsindwa n'abo mu bwoko bw'abakikuyu, dore ko aribwo bwoko bugizwe na rubanda nyamwinshi muri Kenya.

Jomo Kenyatta yari uwo mu bakikuyu, Daniel Arap Moi wamusimbuye yari uwo mu bakalenjin ba nyamuke bo mu kibaya cya Rift Valley, Mwai Kibaki nawe ni uwo mu bakikuyu, n'uwamusimbuye Uhuru Kenyatta ni uwo mu bakikuyu naho uyobora Kenya ubu ariwe William Ruto ni uwo mu bakalenjin.

Urebye rero nta muperezida wavuye mu bwoko bwo kwa Raila Amolo Odinga bw'abaluwo.

Kuva ku wa 12 Ukuboza 1964 ubwo Kenya yabonaga ubwigenge kugeza ubu imaze kuyoborwa n'abaperezida 5.

Muri bo batatu ni abo mu bwoko bw'abakikuyu, na babiri bo mu bwoko bw'Abakalenjin. Uwayoboye imyaka myinshi ni Daniel Arap Moi wayoboye imyaka 24 (1978-2002).

Yafunzwe imyaka 6 ataburanye,yiyamamarije kuyobora Kenya inshuro 5: Ubuzima bwa Raila Amolo Odinga muri Politiki

Oct 15, 2025 - 10:22
 0
Yafunzwe imyaka 6 ataburanye,yiyamamarije kuyobora Kenya inshuro 5: Ubuzima bwa Raila Amolo Odinga muri Politiki

Raila Amolo Odinga yabonye izuba ku wa 7 Mutarama 1945 mu burasirazuba bwa Kenya mu gace kitwa Maseno.


Raila Odinga wo mu bwoko bw'Abaruwo (Luo tribe)yavutse kuri Jaramogi Oginga Odinga, na Mary Juma Odinga. Se yabaye Visi perezida wa mbere ku butegetsi bwa Jomo Kenyata wayoboye Kenya ikibona ubwigenge yakuye ku Bongereza.

Raila Odinga yaranzwe n'ubuhezanguni kuko yamaze imyaka 30 ashaka kuba perezida icyakora agatsindwa, we agahamagarira abarwanashyaka be kwirara mu mihanda noneho bamwe bakahasiga ubuzima.

Inshuro yari mbi mu mateka ya Kenya ni nyuma y'amatora yo mu 2007. Yavuze ko yibwe noneho ategura imyigaragambyo yaguyemo abarenga 1300, bityo abantu 350,000 bava mu byabo.

Mu 2008 Umuryango w'Abibumbye n’umuryango w'Afurika yunze Ubumwe bohereje uwari perezida w'Afurika Y'epfo Thabo Mbeki aza kunga Raila Odinga na Mwai Kibaki. Bemeranyije ko Raila Odinga aba minisitiri w'intebe.

Mu 2022 nabwo William Ruto yaramutsinze ariko yanga kuva ku izima. Yahamagaye abarwanashyaka bo mu ishyaka Orange Democratic Movement (ODM) bigabiza imihanda ,ab'amagara make bahasiga ubuzima.

William Ruto abonye bimushobeye yigiriye inama yo kwicarana na Raila Odinga bajya inama banzura ko abantu ba Odinga bahabwa imyanya myinshi muri guverinoma kugirango Raila Odinga acururuke.

Raila Amolo Odinga yabonye izuba ku wa 7 Mutarama 1945 mu burasirazuba bwa Kenya mu gace kitwa Maseno.

Yize Mechanical Engineering mu Budage ahakura impamyabumenyi yo mu cyiciro cya gatatu cya Kaminuza 'Masters '. 

Mu 1970 yaratashye aza kubaka igihugu cye aho yigishije muri University of Nairobi ayivamo mu 1974 ajya gukora muri Kenya Bureau of Standards. Mu 1978 yabaye umuyobozi wungirije w'icyo kigo.

Yigeze gushaka guhirika ubutegetsi arabizira

Mu 1982 yashinjwe gushaka guhirika ubutegetsi muri coup d'etat yateguwe n'abasirikare barwanira mu kirere.

 Icyo gihe bashakaga gukuraho perezida Arap Moi. Raila Amolo Odinga yafunzwe imyaka 6 nta rubanza rwabayeho ngo akatirwe.

Yaje gufungurwa icyakora ahinduka imfungwa ya hato na hato kuko yafunzwe inshuro 2 azira gutegura imyigaragambyo yamagana ishyaka rimwe ryemerewe kwiyamamaza muri Kenya. 

Yigeze guhungira muri Norway nyuma arataha kuko ntiyahamaze amezi menshi.

Mu 1991 nibwo Kenya yatoye itegeko ryemerera amashyaka menshi kwiyamamaza ari nabwo yari yagize uruhare muri izo mpinduka.

 Uko yatsindwaga amatora yahabwaga umwanya muri guverinoma, ibisa nko kumukinga ibikarito mu maso. Mu 1992 yabaye umudepite watorewe guhagarira Lang'ata, agace ko muri Kenya.

Mu 1994 se yarapfuye noneho asigarana ubuyobozi bw'ishyaka rya se ryitwaga 'FORD-K'. Mu 1996 yahunze iryo shyaka yinjira muri NPD.

Mu 1997 yabaye umukandida uhagarariye National Development Party ariko ntiyahirwa akubitwa inshuro. Nyuma y'imyaka 4, Raila Amolo Odinga yahuje ishyaka rye n'irya Arap Moi ryitwa Kenya African National Union, agirwa umunyamabanga mukuru (SG). Ariko anahabwa umwanya wa minisitiri w'ingufu (Energy Minister).

Yakunze kwivumbura

Mu 2002 yatandukanye n'ishyaka rya KANU(Kenya African National Union) nyuma yo kubona ko Arap Moi yamuciye inyuma agakorana cyane na Uhuru Kenyatta akamugira umuyobozi w'ishyaka noneho nyuma Uhuru Kenyatta yariyamamaje ari we mukandida wa KANU mu gihe Raila Amolo Odinga yari aziko ari we uzaba umukandida wa KANU ariko ikarita yamukiniweho biramucanga.

Uhuru Kenyatta yiyamamarije kuyobora Kenya ari umukandida wa National Rainbow Alliance, ihuriro ry'amashyaka yari yishyize hamwe.

KANU yamaze manda 4 ariyo iyoboye igihugu, ibintu byaryaga cyane Raila Amolo Odinga wari waratandukanye nabo. 

Mu 2004 Mwai Kibaki yagize Raila Amolo Odinga minisitiri w'ibikorwa remezo, icyakora baza gushwana bapfa ko Mwai Kibaki atubahirije amasezerano yo gusaranganya ubutegetsi.

Mu 2007 ishyaka rya Raila Amolo Odinga ryatsindiye imyanya 99 mu nteko ishingamategeko noneho irya Mwai Kibaki ritsindira imyanya 43 ariko ntibyabujije Mwai Kibaki gutorerwa kuyobora Kenya, ibintu Odinga yavuze ko ari uburiganya.

Mwai Kibaki mu gucecekesha Odinga yamugize minisitiri w'intebe amara imyaka 5 kuri izo nshingano. 

Mu 2013 Uhuru Kenyatta yatsinze Raila Amolo Odinga amusubira mu 2017. Noneho ariko mu kumukinga ibikarito mu maso Uhuru Kenyatta yijeje kuzamushyigikira mu matora yabaye mu 2022.

Muri Gashyantare 2025 Raila Amolo Odinga yiyamamarije kuba umwe mu bayobozi bakuru bo mu muryango w'Afurika yunze Ubumwe ariko nabwo yatsinzwe kuri uwo mwanya na Mahamoud Ali Youssouf wo muri Djibouti.

Raila Amolo Odinga yashakanye na Ida mu 1973, babyaranye abana 4.

Raila Odinga yapfiriye mu Buhinde

Mu gitondo cyo ku wa 15 Ukwakira 2025 Raila Odinga w'imyaka 80 y'amavuko yaguye mu Buhinde aho yari amaze iminsi yivuriza.

Ibinyamakuru birimo BBC na The Kenya Times byanditse ko yari mu rugendo rurambura amaguru noneho umutima urahagarara yitura hasi.

Abari kumwe nawe bihutiye kumujyana mu bitaro byitwa Devamatha Hospital biri ahitwa Koothattukulam biza kurangira ashizemo umwuka. Raila Odinga yabaye Minisitiri w'intebe mu 2008-2013.

Azwi nk'umunyapolitiki wiyamamarije kuba perezida inshuro 5 ariko agatsindwa amatora. Yahereye mu 1997, 2007, 2013, 2017, no mu 2022 agerageza kwicara ku ntebe isumba izindi muri Kenya ariko ntiyahiriwe n'urugendo. 

Mu 2007 akimara gutsindwa yayoboye imyigaragambyo yaguyemo abantu 1300 abandi barakomereka.

Mu 1991 yagize uruhare mu guhindura itegeko rigenga akanama k'amatora hajyaho ubwisanzure bw'amashyaka menshi, ibyo yise demokarasi. Mu 2010 yagize uruhare mu guhindura itegeko nshinga. Yishwe n'indwara y'umutima akaba yapfuye saa 9:20 ku isaha yo mu buhinde.

Raila Amolo Odinga ubwoko yavutsemo bw'abaruwo ni ubwa kane mu kugira abanyakenya benshi babuvukamo.

Icyakora bagiye batsindwa n'abo mu bwoko bw'abakikuyu, dore ko aribwo bwoko bugizwe na rubanda nyamwinshi muri Kenya.

Jomo Kenyatta yari uwo mu bakikuyu, Daniel Arap Moi wamusimbuye yari uwo mu bakalenjin ba nyamuke bo mu kibaya cya Rift Valley, Mwai Kibaki nawe ni uwo mu bakikuyu, n'uwamusimbuye Uhuru Kenyatta ni uwo mu bakikuyu naho uyobora Kenya ubu ariwe William Ruto ni uwo mu bakalenjin.

Urebye rero nta muperezida wavuye mu bwoko bwo kwa Raila Amolo Odinga bw'abaluwo.

Kuva ku wa 12 Ukuboza 1964 ubwo Kenya yabonaga ubwigenge kugeza ubu imaze kuyoborwa n'abaperezida 5.

Muri bo batatu ni abo mu bwoko bw'abakikuyu, na babiri bo mu bwoko bw'Abakalenjin. Uwayoboye imyaka myinshi ni Daniel Arap Moi wayoboye imyaka 24 (1978-2002).