Umudepite impamyabumenyi mpimbano imukozeho
Umudepite wo muri Kenya witwa George Sunkuyia, uhagarariye Kajiado West mu Nteko Ishinga Amategeko, yatawe muri yombi akekwaho kwigana impamyabumenyi ya Kenya ya Kaminuza yisumbuye (KCSE).
Yafashwe ku wa Kabiri, tariki ya 27 Gicurasi, n’abashinzwe iperereza bo mu Rwego rw’Igihugu Rushinzwe Kurwanya Ruswa (EACC).
Uwo mudepite wa Kajiado West aregwa kuba yaratanze impamyabumenyi ya KCSE y’impimbano muri Kaminuza ya Jomo Kenyatta y’Ubuhinzi n’Ikoranabuhanga (JKUAT) muri Mutarama 2012, avuga ko yavuye mu Kigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibizamini (KNEC).
Nk’uko byanditse mu mpapuro z’ibirego Ku itariki ya 30 Mutarama 2012, muri Kaminuza ya Jomo Kenyatta y’Ubuhinzi n’Ikoranabuhanga (JKUAT), i Juja mu Karere ka Kiambu, wigeze utanga ku bushake no mu buriganya impamyabumenyi ya KCSE y’impimbano, Ifishi No. 2988068, igaragaza amanota rusange ya C+, uvuga ko ari impamyabumenyi y’ukuri yatanzwe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibizamini cya Kenya.
Sunkuyia yatorewe bwa mbere kuba umudepite mu 2017 ku itike y’ishyaka Jubilee, hanyuma yongera gutorerwa manda ya kabiri mu matora rusange yo muri 2022 abinyujije mu ishyaka riri ku butegetsi rya United Democratic Alliance (UDA).
Sunkuyia abaye umudepite wongeye gushinjwa kwigana impamyabumenyi. Muri Gashyantare, umudepite wa Juja, George Koimburi, yashinjwe kwigana impamyabumenyi ya KCSE hamwe n’izindi mpamyabumenyi ebyiri za JKUAT.


Kinyarwanda
English
Swahili









