Uganda yirukanye abanyamakuru batatu b’Abafaransa
Ubuyobozi bwa Uganda bwirukanye abanyamakuru batatu b’Abafaransa bari bageze muri iki gihugu gukurikirana amatora ya Perezida, aho Yoweri Museveni yatsindiye manda ya karindwi yikurikiranya, mu matora yaranzwe n’igenzura rikomeye ku itangazamakuru.
Mu birukanywe harimo Bastien Renouil, umunyamakuru wa France 24 ushinzwe Afurika y’Iburasirazuba, wageze muri Uganda ku itariki ya 17 Mutarama 2026, umunsi hatangarijweho ibyavuye mu matora. Nk’uko byemejwe n’Umuryango w’Abanyamakuru Batagira Umupaka (RSF), Renouil yari yagiye ku biro by’abinjira n’abasohoka kugira ngo yandikishe uruhushya rw’akazi yari amaze kubona, ariko asabwa guhita ava mu gihugu.
Yabwiwe ko atari yujuje ibisabwa kugira ngo yemererwe gukurikirana amatora ya Perezida, ahitirwa kubwirwa ko agomba gufata indege akisubirira iwabo cyangwa agafungwa. Nyuma y’aho, abashinzwe abinjira n’abasohoka bamuherekeje ku kibuga cy’indege, ava muri Uganda ku itariki ya 20 Mutarama, atarasoza akazi yari yaje gukora.
Si we wenyine wagizweho ingaruka. Mu ntangiriro z’uku kwezi, abandi banyamakuru babiri b’Abafaransa bakorera Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) na bo bahuye n’ibibazo bisa. Umwe yangiwe kwinjira muri Uganda akiri ku mupaka, mu gihe undi yemerewe kwinjira ariko nyuma akajyanwa ku kibuga cy’indege agasubizwa iwabo.
Abayobozi ba Uganda bavuze ko abo banyamakuru bari bafite uburenganzira bwo gushaka amakuru rusange, ariko bakabura impushya zihariye zo gukurikirana amatora ya Perezida. Inama y’Itangazamakuru ya Uganda ishinzwe kugenzura itangazamakuru yavuze ko gukurikirana amatora bisaba izindi mpushya zidasanzwe, zitandukanye n’ibyangombwa bisanzwe by’abanyamakuru.
RSF yamaganye iki cyemezo, ivuga ko abo banyamakuru bubahirije inzira zose zemewe n’amategeko, kandi ko ibisobanuro byatanzwe n’ubuyobozi bwa Uganda bigaragaza ubushake bwo kubangamira ubwisanzure bw’itangazamakuru, cyane cyane mu bihe by’amatora.
Nubwo Guverinoma ya Uganda itatanze itangazo rirambuye kuri buri kibazo, abayobozi bayo bakomeje gushimangira ko abanyamakuru bose, haba abo mu gihugu cyangwa abanyamahanga, bagomba kubahiriza byimazeyo amategeko n’amabwiriza agenga akazi k’itangazamakuru, by’umwihariko mu bihe by’amatora akomeye.


Kinyarwanda
English
Swahili









