Muhoozi yahakanye ko umugore wa Bobi Wine yakubiswe
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ibyo umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Barbara Itungo, aherutse kuvuga ko urugo rwe rwatewe mu gihe cy’amatora ndetse akanakubitwa ari ibinyoma.
Akoresheje urubuga rwa X, Gen Muhoozi, yavuze ko Barbara Itungo abeshya kubera ko abasirikare be batamukubise.
Yagize ati “ Abasirikare banjye ntabwo bakubise Barbie … umugore wa Kabobi. Mbere na mbere ntabwo dukubita abagore, ntabwo bakwiye umwanya wacu. Turi gushakisha umugabo we w’ikigwari, ntabwo ari we dushaka.”
Ku tariki ya 24 Mutarama 2025, ni bwo mu kiganiro n'Itangazamakuru, Barbara Itungo yasobanuye uko urugo rwe rwatewe, akagirirwa nabi azira kudatanga ijambo banga pasiwadi (password) ya telefone ye.
Uyu mugore yavuze ko iryo hohoterwa ryabaye mu gihe cy’amatora yabaye ku tariki ya 15 Mutarama 2026, aho yatewe n’abagabo benshi ndetse ubona ko batoranyijwe, bakamugirira nabi, bakamukubita badasize n’abakozi be.
Ibi kandi byabaye mu gihe umugabo we Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine yari yagiye mu buhungiro nyuma yo gucika abashinzwe umutekano bari iwe mu rugo.


Kinyarwanda
English
Swahili









