issa
U Rwanda rwagaragaje ko  u Bubiligi bwajyaga burukomatanyiriza ku bindi bihugu

U Rwanda rwagaragaje ko u Bubiligi bwajyaga burukomatanyiriza ku bindi bihugu

Mar 17, 2025 - 19:17
 0

Leta y’u Rwanda yagaragaje ko guhagarika umubano n’u Bubiligi ntacyo biri bwice kuko n’ubundi ngo byari ukubeshyanya.Byashimangiwe n’umuvugizi  wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Alain B. Mukuralinda, aho yavuze ko n’ubundi iki gihungu cyakoraga mu buryo bwa kiryarya.


Mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa Mbere taliki 17 Werurwe 2025, Bwana Mukuralinda, yavuze ko u Bubiligi bwajyaga buca ruhinganyuma bukajya gukomatanyiriza u Rwanda mu bindi bihugu kugirango ruhabwe ibihano.

Yagize ati: Ese wavuga ko ukomeje kugirana umubano n’igihu runaka, ariko ugahindukira ukajya kubwira ibindi bihugu byose, indi miryango ibindi bigo by’imari uti  ni mubahane!”

Uwo mubano rero ngo asanga waba  udasobanutse bivuze ko byari ukuba ari ukubeshyana.Yavuze ko Leta y’u Bubiligi icyifitemo imyumvire ya Gikoloni imaze igihe kirenga ikinyejana bityo kuba umubano wacika ntacyo byaba bitwaye.

Ikindi Bwana Mukuralinda yakomojeho kuri iki gihugu cy’u Bubiligi, ni ukuba cyaragize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi  1994, ariko bukaba butanaterwa ipfunwe na byo ngo bube bwagerageza gukosora amateka y’ahahise.

Nyuma yuko u Rwanda rufashe icyemezo cyo guhagarika uyu mubano, Ububiligi  bwahise butangaza ko bugiye gutumira uhagarariye inyungu z'u Rwanda muri iki guhugu ngo atange Ibisobanuro.

Icyakora Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Olivier Nduhungirehe yahise atangaza ko nta Mudipolomate warwo uzitabira ubutumire bw'Ububiligi.

U Rwanda rwagaragaje ko u Bubiligi bwajyaga burukomatanyiriza ku bindi bihugu

Mar 17, 2025 - 19:17
 0
U Rwanda rwagaragaje ko  u Bubiligi bwajyaga burukomatanyiriza ku bindi bihugu

Leta y’u Rwanda yagaragaje ko guhagarika umubano n’u Bubiligi ntacyo biri bwice kuko n’ubundi ngo byari ukubeshyanya.Byashimangiwe n’umuvugizi  wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Alain B. Mukuralinda, aho yavuze ko n’ubundi iki gihungu cyakoraga mu buryo bwa kiryarya.


Mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa Mbere taliki 17 Werurwe 2025, Bwana Mukuralinda, yavuze ko u Bubiligi bwajyaga buca ruhinganyuma bukajya gukomatanyiriza u Rwanda mu bindi bihugu kugirango ruhabwe ibihano.

Yagize ati: Ese wavuga ko ukomeje kugirana umubano n’igihu runaka, ariko ugahindukira ukajya kubwira ibindi bihugu byose, indi miryango ibindi bigo by’imari uti  ni mubahane!”

Uwo mubano rero ngo asanga waba  udasobanutse bivuze ko byari ukuba ari ukubeshyana.Yavuze ko Leta y’u Bubiligi icyifitemo imyumvire ya Gikoloni imaze igihe kirenga ikinyejana bityo kuba umubano wacika ntacyo byaba bitwaye.

Ikindi Bwana Mukuralinda yakomojeho kuri iki gihugu cy’u Bubiligi, ni ukuba cyaragize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi  1994, ariko bukaba butanaterwa ipfunwe na byo ngo bube bwagerageza gukosora amateka y’ahahise.

Nyuma yuko u Rwanda rufashe icyemezo cyo guhagarika uyu mubano, Ububiligi  bwahise butangaza ko bugiye gutumira uhagarariye inyungu z'u Rwanda muri iki guhugu ngo atange Ibisobanuro.

Icyakora Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Olivier Nduhungirehe yahise atangaza ko nta Mudipolomate warwo uzitabira ubutumire bw'Ububiligi.