Urukiko rw’Ikirenga rwakiriye ikirego cya Ingabire Umuhoza Victoire (Video)
Ku wa 18 Nyakanga 2025 Umwanditsi w’Urukiko rw’Ikirenga bwana Imanirahari Jerome yashyize umukono ku kirego cyatanzwe n’umunyapolitiki Ingabire Victoire.
Ingingo ya 106 inyuranyije na none ni ya 29.2 ijyanye na 2°
gufatwa nk‟umwere kugeza igihe urukiko rubifitiye ububasha
rumuhamije icyaha yasobanuwe haruguru mu buryo bufuturutse
ku ruhande rwa Ingabire Victoire bakaba basanga kuba inyuranyije nizo ngingo yazateshwa
agaciro hashingiye ku ngingo ya gatatu igika cya kabiri cy’Itegeko
nshinga imaze kugaragazwa. Basabye Urukiko kuzasuzuma maze rukemeza ubu
busabe bwa Madame INGABIRE Victoire Umuhoza bufite
ishingiro kuri byose.
Nyuma y’uko icyo kirego kigeze mu bwanditsi bw’Urukiko rw’Ikirenga rwaracyakiriye rugiha ishingiro nyuma yo gusuzuma niba icyaregewe gifite impamvu n’inyungu ku muburanyi.
UMUHOZA asaba Urukiko rw’Ikirenga kwemeza ko ingingo ya 106 y’itegeko No
27/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha
inyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda mu ngingo zayo za 29.2,
61, 142 alinea 1 ,4 na 145 alinea 4, gikwiye kwakirwa kikandikwa mu bitabo by'Urukiko
rw'Ikirenga kuko nk’uko byagaragajwe haruguru, cyatanzwe mu buryo n'inzira
bikurikije amategeko, uwagitanze bafite ububasha, ubushobozi n'inyungu zo
kugitanga, yakiregeye Urukiko rufite ububasha kandi ibisabwa barabitanze.
REBA IKIGANIRO GISESENGURA ICYO KIREGO


Kinyarwanda
English
Swahili









