issa
RDC: Christian Tshiwewe akurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kubika intwaro

RDC: Christian Tshiwewe akurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kubika intwaro

Jun 4, 2026 - 20:29
 0

Uwahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za FARDC muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo Gen. Christian Tshiwewe Songesha, yageze imbere y’ubutabera bwa gisirikare aho akurikiranyweho ibyaha bikomeye nyuma y’aho mu rugo rwe ruherereye i Gombe habonetse intwaro n’amasasu menshi mu isaka ryakozwe muri Nyakanga 2025.


Kuri uyu wa 04 Kamena 2026, ubushinjacyaha bwamushinje kubika mu buryo butemewe ububiko bunini bw’intwaro n’amasasu, ibintu buvuga ko binyuranyije n’amategeko agenga igisirikare n’umutekano w’igihugu.

Uretse iki cyaha, Gen. Tshiwewe anakurikiranyweho ibyaha birimo umugambi mubisha, kugambanira igihugu, gushyigikira ibikorwa by’iterabwoba, gukwirakwiza amakuru y’ibihuha no guta akazi ka gisirikare.

Ibi birego biri gusuzumwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Gombe, mu rubanza rukomeje gukurikirwa n’abaturage benshi bitewe n’umwanya ukomeye Tshiwewe yigeze kugira mu buyobozi bw’ingabo za RDC.

Uru rubanza rushobora kugira ingaruka zikomeye muri politiki no mu rwego rw’umutekano wa RDC, cyane cyane ko ruregwamo umwe mu basirikare bakomeye bagize uruhare mu buyobozi bw’ingabo z’icyo gihugu mu myaka yashize.

Nubwo ubushinjacyaha bumurega ibi byaha byose, amategeko ateganya ko afatwa nk’umwere kugeza igihe urukiko ruzaba rwamuhamije ibyaha binyuze mu rubanza rwaciwe burundu.

Elia Byukusenge Chief Editor at Ukwelitimes, passionate about credible journalism and impactful storytelling.

RDC: Christian Tshiwewe akurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kubika intwaro

Jun 4, 2026 - 20:29
 0
RDC: Christian Tshiwewe akurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kubika intwaro

Uwahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za FARDC muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo Gen. Christian Tshiwewe Songesha, yageze imbere y’ubutabera bwa gisirikare aho akurikiranyweho ibyaha bikomeye nyuma y’aho mu rugo rwe ruherereye i Gombe habonetse intwaro n’amasasu menshi mu isaka ryakozwe muri Nyakanga 2025.


Kuri uyu wa 04 Kamena 2026, ubushinjacyaha bwamushinje kubika mu buryo butemewe ububiko bunini bw’intwaro n’amasasu, ibintu buvuga ko binyuranyije n’amategeko agenga igisirikare n’umutekano w’igihugu.

Uretse iki cyaha, Gen. Tshiwewe anakurikiranyweho ibyaha birimo umugambi mubisha, kugambanira igihugu, gushyigikira ibikorwa by’iterabwoba, gukwirakwiza amakuru y’ibihuha no guta akazi ka gisirikare.

Ibi birego biri gusuzumwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Gombe, mu rubanza rukomeje gukurikirwa n’abaturage benshi bitewe n’umwanya ukomeye Tshiwewe yigeze kugira mu buyobozi bw’ingabo za RDC.

Uru rubanza rushobora kugira ingaruka zikomeye muri politiki no mu rwego rw’umutekano wa RDC, cyane cyane ko ruregwamo umwe mu basirikare bakomeye bagize uruhare mu buyobozi bw’ingabo z’icyo gihugu mu myaka yashize.

Nubwo ubushinjacyaha bumurega ibi byaha byose, amategeko ateganya ko afatwa nk’umwere kugeza igihe urukiko ruzaba rwamuhamije ibyaha binyuze mu rubanza rwaciwe burundu.