issa
Nigeria: Omoyele Sowore yise Perezida Tinubu Boko Haram

Nigeria: Omoyele Sowore yise Perezida Tinubu Boko Haram

Jun 4, 2026 - 19:03
 0

Uharanira uburenganzira bwa muntu ndetse wanigeze kwiyamamariza kuyobora Nigeria, Omoyele Sowore, yashinje Perezida Bola Tinubu kuba inyuma y’umutekano muke umaze igihe wibasiye igihugu ndetse amushinja kuba inyuma y’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram.


Ni ibyo yavugiye mu myigaragambyo yayoboye i Abuja kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Kamena 2026, abwira abari aho ko Leta ya Tinubu yananiwe inshingano ishinzwe zirimo kugarura umutekano imbere mu gihugu, guhagarika ubwicanyi bukorerwa umuhisi n’umugenzi, ishimutwa ry’abaturage n’abanyeshuri n’ibindi bitandukanye nk’uko Naija News ikorera muri uwo mujyi yabitangaje.

Omoyele Sowore imbere y’imbaga y’abaturage bari muri iyo myigaragambyo yise Perezida Bola Tinubu wa Nigeria Boko Haram, anamushinja gukorana bya hafi n’uwo mutwe umaze igihe uhungabanya umutekano w’icyo gihugu, avuga ko ari cyo kiri inyuma yo kuba nta ruhare rukomeye agira mu gukiza abaturage bakomeje kwicwa bazizwa ukwemera kwabo.

Yasabye kandi Leta iri ku butegetsi gukora ibishoboka byose ikagaruza abaturage n’abanyeshuri bamaze igihe bashimuswe n’iyo mitwe yitwaje intwaro, ashimangira ko imyigaragambyo bakoze ari intangiriro y’ibikorwa bigamije kwereka ubutegetsi bwa Tinubu inshingano zabwo.

Amakuru ahari kugeza ubu ni uko iyo myigaragambyo yari ifite gahunda yo kugera ku biro bya Perezida Bola Tinubu, ariko ikaza guhagarikwa n’inzego z’umutekano za Nigeria, bikaba bibaye mu gihe abatuye icyo gihugu bakomeje gutabaza amahanga.

Nigeria: Omoyele Sowore yise Perezida Tinubu Boko Haram

Jun 4, 2026 - 19:03
Jun 4, 2026 - 20:50
 0
Nigeria: Omoyele Sowore yise Perezida Tinubu Boko Haram

Uharanira uburenganzira bwa muntu ndetse wanigeze kwiyamamariza kuyobora Nigeria, Omoyele Sowore, yashinje Perezida Bola Tinubu kuba inyuma y’umutekano muke umaze igihe wibasiye igihugu ndetse amushinja kuba inyuma y’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram.


Ni ibyo yavugiye mu myigaragambyo yayoboye i Abuja kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Kamena 2026, abwira abari aho ko Leta ya Tinubu yananiwe inshingano ishinzwe zirimo kugarura umutekano imbere mu gihugu, guhagarika ubwicanyi bukorerwa umuhisi n’umugenzi, ishimutwa ry’abaturage n’abanyeshuri n’ibindi bitandukanye nk’uko Naija News ikorera muri uwo mujyi yabitangaje.

Omoyele Sowore imbere y’imbaga y’abaturage bari muri iyo myigaragambyo yise Perezida Bola Tinubu wa Nigeria Boko Haram, anamushinja gukorana bya hafi n’uwo mutwe umaze igihe uhungabanya umutekano w’icyo gihugu, avuga ko ari cyo kiri inyuma yo kuba nta ruhare rukomeye agira mu gukiza abaturage bakomeje kwicwa bazizwa ukwemera kwabo.

Yasabye kandi Leta iri ku butegetsi gukora ibishoboka byose ikagaruza abaturage n’abanyeshuri bamaze igihe bashimuswe n’iyo mitwe yitwaje intwaro, ashimangira ko imyigaragambyo bakoze ari intangiriro y’ibikorwa bigamije kwereka ubutegetsi bwa Tinubu inshingano zabwo.

Amakuru ahari kugeza ubu ni uko iyo myigaragambyo yari ifite gahunda yo kugera ku biro bya Perezida Bola Tinubu, ariko ikaza guhagarikwa n’inzego z’umutekano za Nigeria, bikaba bibaye mu gihe abatuye icyo gihugu bakomeje gutabaza amahanga.