issa
Urukiko rwatesheje agaciro ubujurire bw'umunyapolitiki Umuhoza Ingabire Victoire 

Urukiko rwatesheje agaciro ubujurire bw'umunyapolitiki Umuhoza Ingabire Victoire 

Aug 7, 2025 - 16:48
 0

Ku wa 7 Kanama 2025 Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatesheje agaciro ubujurire bw'umunyapolitiki Umuhoza Ingabire Victoire rutegeka ko akomeza gufungwa iminsi 30 y'agateganyo.


LIngabire Umuhoza Victoire yari yatanze ikirego cy'ubujurire ashingiye ku mpamvu we yavuga ko zishingiye ku kutubahiriza zimwe mu ngingo ziri mu itegeko nshinga no kuba hari ibyaha akurikiranweho byashaje, ibindi akaba yarabwiye urukiko ko, Ubushinjacyaha bwabuze ibimenyetso bifatika byo kubimushinja. 

Yagaragaje ko urukiko rwategetse Ubushinjacyaha kumukurikirana nyamara bihabanye n'ibivugwa mu ngingo ya 106 y'itegeko nshinga. Umuhoza Ingabire Victoire yavuze ko akurikiranyweho icyaha cyo gutangaza amakuru y'ibihuha nyamara cyarashaje dore ko yaganiriye n'umunyamakuru ku wa 12 Ukwakira 2021.

 Icyo cyaha gihanishwa igihano kitarenze amazi atandatu kandi kigasaza mu mwaka umwe.Ikindi cyaha yavuze ko cyashaje ni icyo gucura umugambi wo kwigaragambya akaba yarakibajijwe mu 2021, icyo cyaha gisaza mu myaka itatu bivuze ko cyashaje.

 Ibyaha bitandatu akurikiranyweho birimo;Icyaha cyo kurema umutwe w'abagizi ba nabi,Icyaha cyo guteza imvururu,Icyaha cyo kugiririra nabi ubutegetsi buriho,Icyaha cy'icengezamatwara cyangwa se kwangisha Leta y'u Rwanda amahanga,Icyaha cyo gutangaza amakuru y'ibihuha,Icyaha cyo gucura umugambi wo kugirira nabi ubutegetsi buriho n'icyaha cyo kwigaragambya.

Urukiko rwasanze ibyaha Ingabire Umuhoza Victoire akekwaho ari iby'ubugome kandi harimo ibifungirwa imyaka ibiri muri gereza mu gihe byamuhama.

Urukiko rwatesheje agaciro ubujurire bw'umunyapolitiki Umuhoza Ingabire Victoire 

Aug 7, 2025 - 16:48
 0
Urukiko rwatesheje agaciro ubujurire bw'umunyapolitiki Umuhoza Ingabire Victoire 

Ku wa 7 Kanama 2025 Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatesheje agaciro ubujurire bw'umunyapolitiki Umuhoza Ingabire Victoire rutegeka ko akomeza gufungwa iminsi 30 y'agateganyo.


LIngabire Umuhoza Victoire yari yatanze ikirego cy'ubujurire ashingiye ku mpamvu we yavuga ko zishingiye ku kutubahiriza zimwe mu ngingo ziri mu itegeko nshinga no kuba hari ibyaha akurikiranweho byashaje, ibindi akaba yarabwiye urukiko ko, Ubushinjacyaha bwabuze ibimenyetso bifatika byo kubimushinja. 

Yagaragaje ko urukiko rwategetse Ubushinjacyaha kumukurikirana nyamara bihabanye n'ibivugwa mu ngingo ya 106 y'itegeko nshinga. Umuhoza Ingabire Victoire yavuze ko akurikiranyweho icyaha cyo gutangaza amakuru y'ibihuha nyamara cyarashaje dore ko yaganiriye n'umunyamakuru ku wa 12 Ukwakira 2021.

 Icyo cyaha gihanishwa igihano kitarenze amazi atandatu kandi kigasaza mu mwaka umwe.Ikindi cyaha yavuze ko cyashaje ni icyo gucura umugambi wo kwigaragambya akaba yarakibajijwe mu 2021, icyo cyaha gisaza mu myaka itatu bivuze ko cyashaje.

 Ibyaha bitandatu akurikiranyweho birimo;Icyaha cyo kurema umutwe w'abagizi ba nabi,Icyaha cyo guteza imvururu,Icyaha cyo kugiririra nabi ubutegetsi buriho,Icyaha cy'icengezamatwara cyangwa se kwangisha Leta y'u Rwanda amahanga,Icyaha cyo gutangaza amakuru y'ibihuha,Icyaha cyo gucura umugambi wo kugirira nabi ubutegetsi buriho n'icyaha cyo kwigaragambya.

Urukiko rwasanze ibyaha Ingabire Umuhoza Victoire akekwaho ari iby'ubugome kandi harimo ibifungirwa imyaka ibiri muri gereza mu gihe byamuhama.