issa
Umutoza na Raphinha ba FC Barcelona ntabwo batewe ubwoba na Real Madrid yabatsinze

Umutoza na Raphinha ba FC Barcelona ntabwo batewe ubwoba na Real Madrid yabatsinze

Oct 28, 2025 - 08:37
 0

Umutoza wa FC Barcelona, Hansi Flick ndetse na rutahizamu we Raphinha ntabwo batewe ubwoba na Real Madrid muri iyi Saison nubwo iheruka kubatsinda mu mukino wa Shampiyona.


Ku cyumweru tariki 26 Ukwakira 2025, nibwo FC Barcelona yari yasuye Real Madrid, i Santiago Bernabeu, umukino urangira FC Barcelona itsinzwe ibitego 2-1. Ni umukino utari woroshye watangiye harimo guhangana kugeza urangiye.

Nyuma y'umukino abakinnyi ba Real Madrid basagariye cyane Lamine Yamal nyuma yo gutangaza ko Real Madrid bazayitsinda ndetse ko yiba nubwo ikunda kwiriza. Ibi byababaje cyane abakinnyi, abafana ndetse n'ubuyobozi bwa Real Madrid byatumye baza gukina uyu mukino bashaka kwihorera.

Abakinnyi ba FC Barcelona bakimara kuva mu kibuga, umutoza wayo Hansi Flick yabasanze mu rwambariro ababwira amagambo yihumire ndetse abibutsa ko Saison ikiri mbisi kandi kuba batsinzwe bitarangiye.

Yagize ati " Gutakaza gutya ntabwo bivuze ko ibintu birangiye, Saison iracyari mbisi. Tugomba kwigira mu gutsindwa maze tukita ku ntego zacu dufite ziri imbere."

Nyuma y'iri jambo ry'umutoza wa FC Barcelona, ryakurikiwe n'ibyo rutahizamu, Raphinha yavuze. Uyu mukinnyi yibukije bagenzi be ko bafite umukino bazakiramo Real Madrid kandi nabo rizaba ijoro ry'agahinda gakomeye kuri bo.

Yagize ati" Umukino wo kwishyura uzabera kuri sitade yacu, uwo munsi uzaba ijoro ry'umubabaro ukomeye kuri bo."

Muri uyu mukino wahuje Real Madrid na FC Barcelona ntabwo Raphinha yawukinnye kubera imvune yari afite ariko kandi ntabwo umutoza Hansi Flick yawutoje kubera ikarita y'umutuku yari yahawe mu mukino babaye mbere y'uyu.

Hansi Flick utoza FC Barcelona ntabwo yatoje El Clasico 

Raphinha ntabwo yakinnye El Clasico 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Umutoza na Raphinha ba FC Barcelona ntabwo batewe ubwoba na Real Madrid yabatsinze

Oct 28, 2025 - 08:37
Oct 28, 2025 - 08:39
 0
Umutoza na Raphinha ba FC Barcelona ntabwo batewe ubwoba na Real Madrid yabatsinze

Umutoza wa FC Barcelona, Hansi Flick ndetse na rutahizamu we Raphinha ntabwo batewe ubwoba na Real Madrid muri iyi Saison nubwo iheruka kubatsinda mu mukino wa Shampiyona.


Ku cyumweru tariki 26 Ukwakira 2025, nibwo FC Barcelona yari yasuye Real Madrid, i Santiago Bernabeu, umukino urangira FC Barcelona itsinzwe ibitego 2-1. Ni umukino utari woroshye watangiye harimo guhangana kugeza urangiye.

Nyuma y'umukino abakinnyi ba Real Madrid basagariye cyane Lamine Yamal nyuma yo gutangaza ko Real Madrid bazayitsinda ndetse ko yiba nubwo ikunda kwiriza. Ibi byababaje cyane abakinnyi, abafana ndetse n'ubuyobozi bwa Real Madrid byatumye baza gukina uyu mukino bashaka kwihorera.

Abakinnyi ba FC Barcelona bakimara kuva mu kibuga, umutoza wayo Hansi Flick yabasanze mu rwambariro ababwira amagambo yihumire ndetse abibutsa ko Saison ikiri mbisi kandi kuba batsinzwe bitarangiye.

Yagize ati " Gutakaza gutya ntabwo bivuze ko ibintu birangiye, Saison iracyari mbisi. Tugomba kwigira mu gutsindwa maze tukita ku ntego zacu dufite ziri imbere."

Nyuma y'iri jambo ry'umutoza wa FC Barcelona, ryakurikiwe n'ibyo rutahizamu, Raphinha yavuze. Uyu mukinnyi yibukije bagenzi be ko bafite umukino bazakiramo Real Madrid kandi nabo rizaba ijoro ry'agahinda gakomeye kuri bo.

Yagize ati" Umukino wo kwishyura uzabera kuri sitade yacu, uwo munsi uzaba ijoro ry'umubabaro ukomeye kuri bo."

Muri uyu mukino wahuje Real Madrid na FC Barcelona ntabwo Raphinha yawukinnye kubera imvune yari afite ariko kandi ntabwo umutoza Hansi Flick yawutoje kubera ikarita y'umutuku yari yahawe mu mukino babaye mbere y'uyu.

Hansi Flick utoza FC Barcelona ntabwo yatoje El Clasico 

Raphinha ntabwo yakinnye El Clasico