Amashusho ya Perezida wa Kenya asengera ikipe y'igihugu akomeje kuzenguruka ku mbuga nkoranyambaga
Perezida wa Kenya William Ruto akomeje kugarukwaho cyane nyuma y'amashusho yagiye hanze arimo gusengera ikipe y'igihugu ubwo yamaraga gutsinda Zambia igitego 1-0.
Ni amashusho yatangiye gusakara ahantu hose ku cyumweru tariki 17 Kanama 2025, aho Perezida William Ruto, yasengeraga ikipe y’igihugu ya Kenya izwi nka Harambee Stars ubwo yamaraga gutsinda Zambia igitego 1–0 mu mukino usoza amatsinda y'igikombe cy'Afurika cy'abakina imbere mu bihugu byabo (CHAN).
Nyuma y’uyu mukino wabereye Kasarani Stadium, Perezida Ruto yamanukiye mu rwambariro ahasanga abakinnyi, ari kumwe na Raila Odinga wahoze ari Minisitiri w’Intebe na Minisitiri w’Imikino Salim Mvurya.
Mu isengesho, Perezida William Ruto, yagize ati " Data wa twese uri mu ijuru, turagushimira kuri uyu mugoroba, turagushimira ku bw'iyi kipe yacu ya Kenya(Harambe Stars), abenegihugu beza, abakinnyi beza. Turasaba ngo ubarinde, ubahe intsinzi mu mikino basigaje gukina."
Yakomeje agira ati " Turagusaba ngo uhe aba basore gutsinda, babere icyitegererezo urubyiruko rwacu, bazamure igihugu cyacu.”
Perezida Ruto yasengeye ndetse n’amaguru yabo, asaba Imana ko mu gihe bazagera ku mukino wa nyuma, izabaha intsinzi.
Umukino warangiye Kenya itsinze Zambia igitego 1–0. Iki gitego cyatsinzwe ku munota wa 75 na Ryan Ogam, wakiriye umupira mwiza wa Boniface Muchiri, arangije atera ishoti rikomeye umuzamu Charles Kalumba abura aho umupira uciye.
Iki gitego cyahise gihesha Kenya kuyobora itsinda A no kubona itike yo gukina 1/4 kirangiza, aho izahura n'ikipe y'igihugu ya Madagascar.


Kinyarwanda
English
Swahili









