Umusifuzi yifashishije Telefone mu gufata icyemezo kuri Penalite yari yatanze
Mu gihugu cya Misiri, i Cairo, habaye ikibazo kidasanzwe mu mukino w’icyiciro cya kabiri wahuje Tanta na Telecom Egypt, bituma bongera kuganira ku kuba nta koranabuhanga rya VAR rihari.
Muri uyu mukino wabaye ku wa Kane tariki 16 Mata 2026, umusifuzi Abdel Aziz El Sayed yahaye ikipe ya Telecom Egypt penaliti ku munota wa 41, nyuma y’ikosa ryari rikorewe inyuma gato y’urubuga rw’amahina, giteza amahane menshi mu bakinnyi ba Tanta.
Ibibazo byarushijeho gukomera ubwo umutoza wa Tanta, Ayman Al-Muzain, yasabaga abakinnyi be gusohoka mu kibuga mu rwego rwo kwamagana icyo cyemezo, bituma umukino uhagarara iminota myinshi.
Umusifuzi wa kane Hossam Hassan yafashe icyemezo cyo gusubiramo amashusho akoresheje telefoni igendanwa, nubwo nta VAR ikoreshwa muri iri rushanwa. Nyuma yo kureba ayo mashusho, penaliti yahise ikurwaho.
Umusifuzi yahise afata icyemezo cyo kongera gutangiza umukino atanga kufura, ikiniwe inyuma gato y’urubuga rw’amahina, na byo bituma abakinnyi ba Telecom Egypt batangira kwigaragambya. Umuyobozi w’ikipe Abdelwahed El-Sayed aza gutabara kugira ngo atujishe iyo myigaragambyo mu bakinnyi.
Nyuma y’iminota irenga 20 umukino uhagaze, wongeye gukomeza, iyo kufura irakinwa neza. Umukino warangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1, ariko uyu mukino uzahora wibukwa nk’umwe mu mikino yabayemo ibyemezo bidasanzwe by’abasifuzi.

Kinyarwanda
English
Swahili









