Premier league isubiye irudubi: Manchester City itsinze Arsenal bihindura isura
Ikipe ya Manchester City yatsinze Arsenal FC ibitego 2-1 mu mukino w’ishiraniro warukomeye, usubiza irudubi ihatana ryo kwegukana Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza.
Ni umukino wari utegerejwe cyane, aho aya makipe yombi ahanganiye igikombe, maze Manchester City ibasha kubona intsinzi y’ingenzi ituma icyizere cyo kucyegukana gikomeza kuzamuka, igitego cya mbere cya Manchester City cya mbere cyabonetse ku munota wa 16" gitsinzwe na Ryan Cherki, atungurana atsinda kare mu mukino, Arsenal ntiyacitse intege, kuko yaje kwishyura igitego binyuze kuri Kai Havertz, agarura icyizere ku bafana bayo nyuma yamakosa yarakozwe n'umuzamu wa Manchester city, igice cya mbere cyirangiye ari 1-1.
Mu gice cya kabiri, Erling Haaland yongeye kugaragaza ubuhanga bwe atsinda igitego cya kabiri cya Manchester City ku munota wa 65, igitego cyahesheje ikipe ye intsinzi y’agaciro.
Uyu mukino wasize Haaland agejeje ku gitego cya gatandatu mu mikino umunani amaze guhura na Arsenal, bikomeza kugaragaza ko ari umwe mu bakinnyi bagora cyane iyi kipe, Ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona, Arsenal iracyari ku mwanya wa mbere n’amanota 70, mu gihe Manchester City ifite amanota 67 ariko ikaba ifite umukino w’ikirarane ushobora kuyifasha kuzanganya amanota n'iyi kipe y'ilondere.
Nubwo bimeze bityo, Arsenal iracyafite amahirwe menshi ugereranyije na Manchester City, kuko iyirusha igitego kimwe izigamye, ikintu gishobora kugira uruhare rukomeye mu kugena uwegukana igikombe.
Urugamba rwa shampiyona rukomeje gufata indi ntera, aho buri mukino usigaye ushobora guhindura byinshi ku makipe yombi ahatanira igikombe.

Kinyarwanda
English
Swahili









